csm_20.57.52_7f9e8484cc.jpg

Abapolisi b’u Rwanda bambitswe imidali y’ishimwe ry’imyitwarire myiza muri CAR

Sangiza iyi nkuru

Abapolisi b’u Rwanda 139 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro n’umutekano muri Repubulika ya Centrafrika (CAR), kuri uyu wa 27 Werurwe 2021 bambitswe imidali y’ishimwe ku bw’imyitwarire myiza bakomeje kugaragaza muri iki gihugu.

Nk’uko urubuga rwa Polisi y’u Rwanda rubivuga, abambitswe imidali bari mu itsinda rikorera mu murwa mukuru, Bangui, riyobowe na ACP Safari Uwimana ryageze muri CAR mu Kuboza 2019, rikaba rishinzwe kurinda abaturage bakuwe mu byabo n’intambara n’abayobozi bakuru muri iki gihugu.

Iri tsinda ryahawe izina rya FPU-1 rishinzwe kandi gukora amarondo muri uyu murwa, kurinda ibikorwa remezo, guherekeza abayobozi, n’ibindi.

Umuyobozi w’imitwe ishinzwe kubungabunga ubutumwa bw’uyu muryango bugamije kubungabunga amahoro muri Bangui, Brig. Gen. Driss Oukaddour wayoboye uyu muhango, yashimiye abapolisi b’u Rwanda bambitswe imidali ku bw’umuhate bagaragaje mu kazi, bagakora kinyamwuga muri iki gihe kitoroshye cy’icyorezo cya Covid-19.

csm_20.57.52_7f9e8484cc.jpg

Aba bapolisi bambitswe imidali hashize iminsi 8 n’ingabo z’u Rwanda ziri muri batayo ya 7 ziri muri CAR nazo ziyambitswe. Zashimirwaga ubwitange zagaragaje mu kubungabunga amahoro n’umutekano muri iki gihugu, by’umwihariko mu gihe cy’amatora y’Umukuru w’Igihugu. Soma inkuru irambuye hanohttps://bwiza.com/?Ingabo-z-u-Rwanda-muri-Centrafrica-zahawe-imidari-ya-Loni-Amafoto

Amafoto: RNP

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *