Polisi ya Uganda ivuga ko yashyize abapolisi ku mazu maremare mu Mujyi wa Kampala mu rwego rwo kurinda umutekano ku matora yo kuri uyu wa 14 Mutarama 2021. Aba ariko nk’uko Chimpreports ibitangaza, aba barimo n’abasirikare. Umuvugizi wa Polisi muri Kampala Metropolitan, SP Patrick Onyango avuga ko ibi byakozwe hagendewe ku makuru y’ubutasi. Amashusho yafaswe mu myigaragambyo yakurikiye ifatwa rya Bobi Wine, yagaragaje ko abatangaga amabwiriza bari hejuru y’amazu. Itangazo ryashyizwe hanze na polisi rivuga ko uwari hejuru y’inzu yarashe ushinzwe umutekano wari mu kazi ke. Abafite ibikorwa by’ubucuruzi baremeza ayo makuru. Si ibi gusa kuko n’ibimodoka by’intambara byagaragaye mu Mujyi wa Kampala nk’ingingo yo kwerekana ko umutekano wakajijwe mu matora.


