maxresdefault (1)

Abareganwa n’umunyamakuru Nsengimana gushaka gukuraho ubutegetsi baratangira kwiregura

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, itariki 17 Ukuboza 2024, mu Rukiko Rukuru, ubushinjacyaha bwareze umunyamakuru Theoneste Nsengimana wa Umubavu Tv, ibyaha byo gutangaza ibihuha no kuba mu mutwe w’abagizi ba nabi,mu gihe kuri uyu wa Gatatu n’abo bareganwa batagira kwiregura.

Ni ibyaha ubushinjacyaha buvuga ko byakorewe kuri channel ya YouTube ya Umubavu Tv, mu biganiro byavugiwemo amagambo avuga nabi ubutegetsi bw’u Rwanda.

Nsengimana aregwa hamwe n’abandi bantu icyenda bivugwa ko bari mu itsinda ryihuguraga mu buryo bwo guhirika ubutegetsi hakoreshejwe inzira z’amahoro.

Nsengimana ntarahabwa umwanya wo kwisobanura ariko ubwo yagezwaga bwa mbere imbere y’umucamanza yari yahakanye ibi byaha avuga ko ibyo yakoze bitari bigamije inabi kandi ko abyemererwa n’umwuga we w’itangazamakuru.

Ubushinjacyaha bwavuze ko Nsengimana kimwe n’abandi icyenda bari bagize itsinda ry’abagizi ba nabi bashamikiye ku ishyaka DALFA UMURINZI rya Victoire Ingabire ritemerewe gukorera mu Rwanda.

Abagize iri tsinda nk’uko bivugwa n’ubushinjacyaha ngo bafashwe bari mu mahugurwa y’uburyo ubutegetsi buhirikwa bitanyuze mu nzira y’intambara.

Bivugwa ko ayo mahugurwa bayahabwaga n’abanyamahanga hifashishijwe igitabo cyitwa Blue Print For Revolution cyanditswe n’umunya-Serbia SRDJA Popovic, iki ngo kikaba kirimo amayeri menshi abifuza kurwanya ubutegetsi biyambaza bitabaye ngombwa ko bakoresha intwaro.

Ubushinjacyaha burega Nsengimana ko ari we wifashishijwe cyane n’iri tsinda atangaza amakuru y’ibihuha binyuze kuri Televiziyo ye Umubavu ndetse n’Ikinyamakuru Umubavu.com.

Buvuga ko bimwe mu biganiro yatambukije byarimo amakuru y’ibihuha ndetse asebya ubutegetsi.

Ngo hari nk’aho umutumirwa yemeje ko umuhanzi Kizito Mihigo yishwe n’ubutegetsi. Ngo hari kandi n’ahavugwa ko hari abantu benshi bafungiye ubusa hagatangwa ingero nk’urwa Aimable Karasira, Yvonne Idamange ndetse na Deo Mushayidi.

Uwitwa Sylvain Sibomana n’undi uregwa muri uru rubanza ufatwa nk’umuhuzabikorwa w’uyu mugambi. Uyu wahoze ari umwe mu bayobozi ba FDU Inkingi yigeze gufungwa amara imyaka 6 aregwa ibirimo guhembera amacakubiri no kwigomeka ku butegetsi.

Victoire Ingabire, umukuru wa DALFA UMURINZI na we avugwa kenshi muri uru rubanza nk’uri ku isonga muri uyu mugambi wo gukuraho ubutegetsi. Gusa we ntagaragara muri iki kirego cy’ubushinjcayaha .

Muri rusange iri tsinda riregwa rigizwe n’abantu 10 barimo abagore babiri, cyakora ubushinjacyaha bukavuga ko umwe mu bagore yatorotse ubutabera.

Biteganyijwe ko urubanza rukomeza kuri uyu wa Gatatu, aho abaregwa batagira kwiregura uhereye kuri Sylvain Sibomana.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *