Abademokarate bakomeje gusiganwa n’iminsi ngo beguze Perezida Donald Trump, igikorwa gitangiye gushyigikirwa na bamwe muri bacyeba babo b’abarepubulikani mu nteko. Liz Cheney, umuntu wa gatatu ku rutonde rw’abarepubulikani bakomeye mu mutwe w’abadepite ba Amerika, yavuze ko azatora yemeza kweguza Trump kubera ibyabaye ku nzuy’inteko mu cyumweru gishize. Ejo kuwa kabiri, Trump yatangaje ko nta ruhare afite mu myigaragambyo yabaye ku ngoro y’inteko ishingamategeko kuwa gatatu ushize, ikozwe n’abamushyigikiye. Liz Cheney, umukobwa w’uwahoze ari visi perezida Dick Cheney, yiyemeje gushyigikira icyo gikorwa, ni ubwa mbere umuntu wo mu bakuriye ishyaka rya perezida akoze ibi kuva mu gihe cya Richard Nixon. Madamu Cheney mu itangazo yasohoye yagize ati: “Nta perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika wigeze agambanira bikomeye gutya indahiro ye ku itegekoshinga” Uyu mudepite uhagarariye leta ya Wyoming yongeyeho ko Trump ari we “wahamagaye abigaragambya, abashyira hamwe, akongeza ikibatsi cy’iki gitero”. Abandi barepubulikani babiri mu mutwe w’abadepite, John Katko na Adam Kinzinger, nabo bavuze ko batora bemeza kweguza perezida. Kevin McCarthy ukuriye abarepubulikani mu mutwe w’abadepite akaba inshuti ya Trump wavuze mbere ko adashyigikiye kumweguza, biravugwa ko yahisemo kudasaba bagenzi be gutora banga icyo gikorwa. New York Times ivuga ko Mitch McConnell ukuriye abasenateri b’abarepubulikani yabwiye inshuti ze ko yishimiye ko abademokarate bashaka kweguza Trump, kuko yumva byafasha ishyaka ry’abarepubulikani kwikiza Trump. McConnell kandi yabwiye inshuti ze ko abona ko ibyo Trump yakoze ari ibyaha bikwiye kumweguza, nk’uko bivugwa na Washington Post.


