Abarinzi babiri ba Perezida wa Repubulika ya Congo (RDC), Félix Tshisekedi, baherutse gufungirwa mu mujyi wa Londres mu Bwongereza mu gihe cy’amasaha ane ubwo uyu Mukuru w’Igihugu yari yo mu ruzinduko.
Abatawe muri yombi ni Lieutenant Colonel Josué Kasongo Nteki na Captain Tabu Eboma Tema, babiri muri batanu bari baherekeje uyu Mukuru w’Igihugu.
Umunyamakuru Pero Luwara wo muri RDC yatangaje ko amakuru yakuye muri Ambasade y’u Bwongereza i Kinshasa yemeza ko itabwa muri yombi ry’aba basirikare ryatewe n’uko bafatanwe imbunda za pisitoli (pistols) batamenyekanishije mbere y’igihe.
Tshisekedi yageze ku kibuga cy’indege cya Healthrow mu masaa saba y’igicamunsi, arinzwe n’abasirikare batanu: Lt Col. Kasongo, Capt Tabu, Lt Col. Georges Kabasua Kalombo, Maj. Aimé Amboyo Basila na Bony Kalonji.
Uyu munyamakuru yasobanuye ko ubwo bageraga ku kibuga cy’indege cya Healthrow, abarinzi batatu bari bujuje ibisabwa banyuze mu muryango usanzwe barasakwa, ariko Col. Kasongo na Capt Tabu baca ku ruhande.
Abakuriye urwego rw’umutekano ku kibuga cy’indege ngo bahise batanga ibwiriza ry’uko aba basirikare babiri basubizwa inyuma bagasakwa, mu gihe cy’isakwa bafatanwa izi mbunda ebyiri batari banzuje zo mu bwoko bwa IWI-JERICHO941-CLB9MM.
Lt Col. Kasongo na Capt Tabu bamaze gufatanwa izi mbunda, bahise batabwa muri yombi, pasiporo zabo nimero DP0011430 na DP000919 zirafatirwa, hatangwa ibwiriza ry’uko indege ya Perezida iba iretse guhaguruka.
Hakurikiyeho ibiganiro ku mpande zombi, nyuma y’amasaha ane [ni ukuvuga mu masaa kumi n’imwe], aba barinzi bararekurwa, indege ya Perezida Tshisekedi yemererwa guhaguruka kuri iki kibuga.
Muri uru ruzinduko, Tshisekedi yitabiriye nk’umushyitsi w’icyubahiro inama y’ubukungu bwa Afurika itegurwa n’ikinyamakuru Financial Times, yakirwa n’Umwami Charles III, agirana ikiganiro n’Abanyekongo baba mu Bwongereza.


