Guverinoma ya Malawi yatangaje ko ku bufatanye n’ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, UNHCR, yacyuye Abarundi 77 babaga mu nkambi ya Dzaleka.
Iyi guverinoma yasobanuye ko izi mpunzi zacyuwe ku bushake, zavuye ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kamuzu mu rukerera rwo kuri uyu wa 26 Ugushyingo 2023, zerekeza i Bujumbura.
Umuyobozi ushinzwe impunzi muri Minisiteri y’umutekano w’imbere muri Malawi, Hilda Kausiwa yatangaje ko aba Barundi basabye gucyurwa bitewe n’uko umutekano uhagaze neza mu Burundi, ashishikariza n’abandi gutaha.
Kausiwa yagize ati: “Bitewe n’uko umutekano wo mu bihugu byinshi impunzi zikomokamo wahindutse, turasaba impunzi zumva zizeye umutekano wabyo gutaha kandi turi kubizifashamo nka guverinoma.”
Uyu muyobozi yasobanuye ko hari izindi mpunzi zikomoka muri Somalia na Repubulika ya demukarasi ya Congo zamaze kwandika zisaba gucyurwa. Arazizeza ko mu gihe guverinoma ya Malawi izaba yamaze kubona ubushobozi, izazifasha gutaha.
Kuva muri Nyakanga 2023, Abarundi 224 babaga mu nkambi ya Dzaleka bamaze gucyurwa. Barimo 38 bacyuwe muri uko kwezi n’109 bacyuwe mu Kwakira 2023.


