Imiryango icumi y’abaturage mu Burundi iyobowe na SOS-Torture Burundi ku bufatanye n’imiryango mpuzamahanga nka FIACAT, OMCT, na IRCT, yashyize ahagaragara raporo yakozwe ku ishyirwa mu bikorwa ry’amabwiriza yatanzwe na Komite y’Umuryango w’Abibumbye ishinzwe kurwanya iyicarubozo (CAT) mu kwezi kwa Ugushyingo 2023.
Ibikubiye muri iyi Raporo ni igenzurwa ryakozwe hagati y’Ugushyingo 2023 na Werurwe 2025, aho iyi Raporo igaragaza ko ihonyorwa ry’uburenganzira bwa muntu ryafashe indi ntera mu Burundi mbere y’amatora y’abadepite ateganyijwe muri Kamena 2025.
Muri iyi raporo hagaragaramo abaturage 65 baburiwe irengero (disparitions forcées), abenshi muri bo bakaba ari abanyapolitiki bo mu mashyaka atavuga rumwe na Leta. Harimo kandi 137 bafunzwe binyuranyije n’amategeko, aho abenshi na bwo ari abatavuga rumwe n’ubutegetsi.
Muri iyi Raporo kandi hagaragaramo abagore n’abakobwa 28 bafashwe ku ngufu abandi bakorerwa iyicarubozo, ahanini bikozwe n’abakozi b’urwego rushinzwe iperereza (SNR), abapolisi ndetse n’urubyiruko rw’Imbonerakure.
Ikindi ni uko hari n’abandi bantu 11 bishwe mu buryo butemewe n’amategeko, harimo abarashwe n’abashinzwe umutekano.
Iyi Raporo yamaganye ubudahangarwa bukabije bw’abakoze ibi byaha kuko nta n’umwe urakurikiranwa n’ubutabera, kandi ibikorwa nk’ibi byo guhohotera abaturage bikaba bikomeza kwiyongera uko amatora y’abadepite yo muri Kamena 2025 yegereza.
Abaharanira uburenganzira bwa muntu, abanyamakuru, n’abanyapolitiki batavuga rumwe na Leta bakomeje gutotezwa, gufungwa no gucibwa imanza zidafite ishingiro.
Iyi Raporo kandi yahishuye ko ubwiyongere bwo guhohotera abaturage bwatewe n’uko Leta y’u Burundi yivanze mu ntambara iri mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) ahari ibikorwa byo kwica abasivili, kohereza ingabo mu ibanga, no kuniga amajwi y’abatavuga rumwe n’ubutegetsi mu gihugu imbere.
Nubwo mu Ugushyingo 2023 Leta y’u Burundi yemeye ibyasabwe na Komite ya CAT ntacyo irakora kugira ngo ihagarike iyicarubozo cyangwa irinde abakora ubuvugizi ku burenganzira bwa muntu, ntiyanatanze raporo kuri iki kibazo bigaragaza ko yanze kubahiriza inshingano mpuzamahanga.
Umuryango Mpuzamahanga na wo uratabazwa mu gufata ingamba zihamye no kongera igitutu cya dipolomasi ku Burundi, gushyigikira ibikorwa by’ubuvugizi n’igenzura ku burenganzira bwa muntu, no gusaba iperereza ryihariye kandi rishingiye ku kuri.


