Urukiko Rukuru rwa Cibitoke kuri uyu wa 5 Ugushyingo 2020 rwakatiye abasore babiri b’Abarundi baherutse kwibira ihene 10 ku nkombe z’uruzi rwa Rusizi, bakanica umwana wari uziragiye.
Igihano uru rukiko rwabahaye ni igifungo cy’ubuzima bwose, n’ihazabu y’amafaranga y’Amarundi miliyoni 20 kuri buri umwe, nk’uko Radio Isanganiro yabitangaje, gusa ngo bemeye icyaha ndetse basaba ko bagabanyirizwa igihano, Urukiko rurabyanga.
Uyu mwana yari aragiriye izi hene ku ruzi rwa Rusizi, ahaherera muri Komini ya Buganda mu Ntara ya Cibitoke.
Aba basore babiri barahamusanze, bamuboha amaboko, barangije bamuta muri uyu mugezi, apfiramo.
Umugezi wa Rusizi ukunze kuvugwaho ubwicanyi, aho abantu akenshi batamenyekana, bafata abantu bakabajugunya mu mazi, rimwe babahambiriye ku buryo batabasha kwikuramo. Nka tariki ya 2 Ugushyingo 2020, hari indi mirambo ibiri y’umugore n’umugabo yahabonetse ahaherera muri Komine ya Rugombo muri Cibitoke.


