Umuyobozi Mukuru w’intara ya Galmudug, mu gihugu cya Somalia, yatangaje ko abasirikare b’iyo ntara bishe abagwanyi ba Al-Shabab 100, mu ntambara yamaze iminsi ine.
Abo barwanyi biyitirira idini rya Islam bari binjiye muri iyo ntara bahunze izindi ntambara zimaze iminsi zivugwa mu Burasirazuba mu ntara ya Puntland.

Umukuru w’iyo ntara, Abdikarin Hussein Gulled yabwiye BBC ko abarwanyi ijana bishwe abandi benshi barafatwa.
Izo nkuru nta bandi barazemeza.
Abarwanyi ba Al-Shabab bari bamaze iminsi bahanganye n’abasirikare ba Puntland ihana imbibe na Galmudug mu ntangiriro z’icyumweru gishize.
Bari bimukiye mu karere ko mu burasirazuba nyuma yo guterwa bikomeye n’abasirikare ba Somalia bafashijwe n’abasirikare b’ubumwe bwa Afurika(AMISOM), mu majyepfo no mu gihugu hagati cya Somalia.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Alphonse Munyankindi / Bwiza.com
Â


