Abarwanyi ba Azov banenze ingabo za Ukraine, biyemeza gukomeza guhangana n’iz’u Burusiya

Sangiza iyi nkuru

Abarwanyi b’umutwe w’ingabo wa Azov uhanganiye n’ingabo z’Abarusiya mu karere ka Mariupol, bashinja Leta ya Ukraine kubatererana muri uru rugamba, kandi ngo barwanirira ubwigenge bw’igihugu cyabo.

Abayobozi bakuru b’uyu mutwe babivugiye mu kiganiro bagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 8 Gicurasi, cyifashishije ikoranabuhanga rya Zoom kuko bari mu ruganda rwa Azovstal rutunganya ibyuma, aho ingabo z’u Burusiya zivuga ko zimaze igihe zibagoteye.

Uwitwa Ilya Samoilenko w’imyaka 27 y’amavuko yasobanuye ko Azov yashinzwe bitewe n’abayobozi batandukanye bo muri Ukraine bari bafite umugambi wo guteza akavuyo mu gisirikare cy’igihugu mu myaka 8 ishize, ku buryo byacaga amarenga ko intambara ikomeye igiye kuvuka.

Ati: “Abayobozi benshi muri Leta bateje akavuyo mu gisirikare cya Ukraine mu myaka 8 ishize. Buri wese yabyinjiyemo, twabonye ko intambara ikomeye yegereje kandi twariteguye. Ntabwo twahawe Javelins (intwaro) cyangwa abatoza, buri kimwe twaracyishakiye: amakuru n’intwaro.”

Azov ivuga ko kuva yabaho mu 2014, yiyemeje kurwanirira Ukraine, ibikora nta bundi bufasha ibona. Iti: “Twasigaye twenyine, kandi turi hano kuva mu myaka 8 ishize. Tuzi ahahise hacu. Twabaye abakorerabushake kuva mu 2014, hari abantu benshi batandukanye ariko twahisemo gusiga amateka inyuma, tuba igisirikare cy’ikinyamwuga. Twifuje kurema igisirikare cya Ukraine kigezweho, cyitoje bikwiye kandi biri ku rwego rwo hejuru.”

Aba bayobozi bavuze ko muri iyi ntambara, ingabo za Ukraine zavuye muri Mariupol, zirahabasiga zakabaye zifatanya na bo mu guhangana n’iz’u Burusiya. Somoleinko ati: “Turi mu bilometero 100 uvuye ku birindiro by’ingenzi by’ingabo za Ukraine. Ni ikimwaro ko zahunze zikadusiga hano. Ubundi buryo dufite ni ukurambika intwaro, tukamanika amaboko. Uburyo bwa nyuma ni ugushikama tukarwana.”

Somoleinko yakomeje ati: “Nta wari witeze ko tuzihagararaho mu gihe kinini. Leta yacu yananiwe kurinda Mariupol. Twitwa intwari kandi ntabwo twabyirata kuko dukora akazi kacu. Intwari ni iziri inyuma. Abantu benshi bahaye uyu mujyi ubuzima bwabo, ku bwa Leta n’abatuye Ukraine.”

Na none, uyu muyobozi muri Azov yavuze ko badashobora kumanika amaboko muri uru rugamba, ati: “Ntabwo twamanika amaboko ngo twishyikirize umwanzi kubera ko nta mahirwe menshi yo kubaho twaba dufite. Uburyo bwonyine bw’icyizere cyo kubaho ni ugushikama tukarwana.”

Ingabo za Ukraine zigamba ko zimaze kwica iz’u Burusiya zibarirwa mu 25000 kuva iyi ntambara yatangira tariki ya 24 Gashyantare 2022. Azov ivuga ko kuva yatangira kugeza ku ya 15 Mata yishemo 25000.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *