Abarwanyi b’umutwe witwaje intwaro wa CODECO ukorera mu Ntara ya Ituri mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) bagaragaye bifotoreza ku ntumwa za Perezida Félix Tshisekedi bafashe bunyago.
Tariki ya 16 Gashyantare 2022, Perezida Tshisekedi yohereje izi ntumwa esheshatu zigize urwego rwahawe izina rya Task Force, kugira ngo bagirane ibiganiro na CODECO, byari bigamije gutuma barambika intwaro.
Gusa abarwanyi b’uyu mutwe bahise bazifata bugwate, mu itangazo basohoye, basobanura ko babitewe n’uko mu gihe habaga ibi biganiro, ingabo za RDC zagabye ibitero ku birindiro byabo.
Ifatwa ryabo https://bwiza.com/?RDC-CODECO-yagize-ibyo-isaba-kugirango-irekure-Thomas-Lubanga-na-bagenzi-be
CODECO yijeje Perezida Tshisekedi ko izi ntumwa ziri ahantu hatekanye kandi nta kibazo zifite, ko izakomeza kuzicumbira kugeza igihe Guverineri w’Intara w’umusirikare azaviraho, kandi Abalendu bafungiwe n’ingabo za Leta muri Teritwari ya Bunia bakarekurwa.
Kuri uyu wa 4 Werurwe 2022, ku mbuga nkoranyambaga hagaragaye abarwanyi b’uyu mutwe bifotoreza ku ntumwa eshatu muri zo.
Intumwa zigaragara muri aya mafoto harimo Thomas Lubanga, Floribert Ndjabu na Germain Katanga wamenyekanye nka Simba, bose bigeze kuyobora imitwe y’inyeshyamba muri Ituri.




