Amakuru ava mu bashinzwe umutekano muri Irak aravuga ko abantu bitwaje intwaro bakekwaho kuba mu mutwe w’iterabwoba wa Islamic State bagabye igitero ku birindiro by’ingabo za leta mu Ntara ya Diyala, bagahitana abasirikare 11 babasanze mu bitotsi.
Amakuru akomeza avuga ko iki gitero cyagabwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatanu mu karere ka al-Azim, agace k’imisozi mu bilometero bisaga 120 mu majyaruguru y’umurwa mukuru, Bagdad.
Ntabwo ruhande rwahise rwigamba iki gitero n’impamvu ikikihishe inyuma, ariko abayobozi babiri bavuganye n’ikinyamakuru Associated Press bavuga ko abarwanyi ba ISIL binjiye mu kigo cya gisirikare mu masaha ya saa tatu za mu gitondo maze barasa abasirikare mbere yo guhunga.
Aba bayobozi ntibifuje ko amazina yabo atangazwa kubera ko batemerewe gutanga amakuru nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.
Bavuze ko ingabo zoherejwe gutabara aho igitero cyo ku wa gatanu cyabereye, ndetse n’inzego zishinzwe umutekano zoherejwe mu turere tuhakikije.
Iki gitero simusiga ni kimwe mu byahitanye abantu benshi mu gisirikare cya Irak mu mezi ashize.
Islamic State yigeze kwigarurira ubutaka bunini muri Irak na Syria mu 2014, ariko nyuma y’ibitero byayibasiye igenda ibitakaza ndetse mu 2017 ikubitwa inshuro ku buryo budasubirwaho, ariko ikomeje kugaba ibitero shuma hirya no hino muri ibyo bihugu no hanze yabyo.
Abagize uyu mutwe baracyakora ibikorwa, akenshi byibasira abashinzwe umutekano, sitasiyo z’amashanyarazi n’ibindi bikorwa remezo.
Mu kwezi gushize, igitero cyawo cyagabye ku mudugudu uri mu majyaruguru ya Irak cyahitanye byibuze abantu 10.
Mu Kwakira 2021, abarwanyi bawo bateye mu mudugudu wiganjemo Abashia mu Ntara ya Diyala, bahitana abasivili 11 abandi benshi barakomereka.


