Mu gushize kwa Gatandatu abarwaye Covid-19 barwariye mu bitaro bikubye inshuro esheshatu nk’uko byatangajwe na Minisiteri y’ubuzima ivuga ko hagaragaye impinduka zikomeye z’ubwandu bwa COVID-19. Ibi kandi byatumye n’abakenera umwuka biyongera ku rwego rutari rwarigeze rubaho kuva iki cyorezo cyagera mu Rwanda muri Werurwe 2020.
Minisiteri y’ubuzima mu isesengura ryayo ivuga ko ukwezi kwa Kamena 2021 kwaranzwe n’impinduka zikomeye mu burwayi bwa COVID-19, aho ubwandu bwikubye inshuro enye bagereranije imibare yo muri Gicurasi n’iya Kamena 2021.
Minisiteri kandi ivuga ko mu ntangiriro z’uku kwezi abarwariye mu bitaro bivura COVID-19 bavuye kuri 20 bo mu ntangiriro za Kamena bakaba bageze ku 127.
Uko biyongera ni nako n’ubufasha bahabwa buzamuka. Iyi Minisiteri ishimangira ko uku kwezi kurangiye kwa Kamena 2021, umwuka uhabwa abarwayi nawo wikubye inshuro 10 ku munsi.
Minisitiri w’ubuzima ariko nubwo iyi mibare ikomeje kuzamuka, ivuga ko kugeza uyu munsi nta kibazo cy’ubuvuzi bafite ndetse ngo leta ikomeje gushaka uburyo bwo kongera izi serivisi iha abarembejwe na COVID-19 nk’uko byemejwe na Minisitiri Dr Daniel Ngamije.
Yagize ati ” Turacyafite ubushobozi buhagije bwo kwakira abarwayi baje bafite ibimenyetso ndetse n’abafite ibimenyetso bikaze bashobora gukenera gushyirwa ahajya abarembye kurusha abandi. Imashini zidufasha gutunganya umwuka uhagije na zo zirahari ku buryo dushobora gukuba inshuro ebyiri cyangwa eshatu umwuka uhari. nakwizeza abantu ko abantu bose baje kwamuganga nta n’umwe utarabonye serivisi uko bikwiriye.”
Imibare igaragaza ko kugeza kuya 01 Nyakanga 2021, abandura COVID-19 biyongereye ku kigero cya 9,6%.
Iyi minisiteri yizeza Abanyarwanda ko iri gukora ibishoboka byose kugira ngo abarwaye iki cyorezo bahabwe ubuvuzi inavuga ko hakenewe ingamba zikomeye, kubera ko iki cyorezo gisigaye gihitana n’abantu bafite imyaka mike kandi badasanganywe ibibazo by’ubuzima.
Kuri iyi tariki ya 01 Nyakanga rero, hagaragaye abandi bantu bashya banduye 867, abagera ku 10 irabahitana, ari nawo mubare munini ubonetse bwa w’abahitanwe n’iki cyorezo mu munsi umwe kuva cyagera mu gihugu.
Usibye abapfuye kandi, nta n’umwe wakize kandi abarembye nabo umubare ni munini baragera kuri 37. Umujyi wa Kigali niwo ukomeje kuza imbere mu bwandu bwinshi.
Mu bapfuye harimo abagore bane, babiri bo muri Rubavu, imyaka 86 na 81, babiri i Burera, imyaka 72 na 62, n’abagabo batandatu, batanu bo muri Kigali, imyaka 89, 65, 56, 51, 46 n’undi umwe i Rulindo w’imyaka 25.


