Abarwaye Covid-19 bagiye kujya bavurirwa ku bwishingizi bafite harimo na mituweli

Sangiza iyi nkuru

Mu rwego rwo kugabanya imfu z’abantu bakomeje guhitanwa na Covid-19 muri iki gihe, bitewe n’ubwiyongere bukabije bw’abantu bari kuyandura muri iki gihe, Minisiteri y’Ubuzima, kuri uyu wa Gatandatu, yasabye amavuriro yose ya Leta kuvura abarwayi ba COVID19 bakoresheje ubwishingizi basanzwe bafite ubwo ari bwo bwose.

Mu itangazo ryayo ryo kuri uyu wa 16 Mutarama, minisiteri y’ubuzima yavuze ko kubera ubwiyongere bw’abandura muri iki gihe mu gihugu cyacu, minisiteri y’ubuzima yafashe icyemezo cyo guhuza imicungire ya covid-19 na gahunda y’ubuzima iriho hamwe n’abakozi b’ubuzima bakurikirana abarwayi bakurikiranirwa mu ngo, naho abandi bibazo bitewe n’uburemere bakajya kuvurwa wenda ku bigo nderabuzima cyangwa ibitaro by’uturere, intara, cyangwa ibitaro bya kaminuza.

Ubusanzwe kuva ku gupimwa COVID-19, bikagaragara ko umuntu yayanduye agahita ajyanwa mu bitaro byabugenewe [Treatment Centers], abaganga bakamwitaho kuzageza ubwo azakira icyorezo agataha, yishingirwaga na Leta 100%. Bivuze ko ari Leta yishyuraga ibisabwa byose.

Ni icyemezo minisiteri yavugaga ko kigomba guhita gitangira gushyirwa mu bikorwa guhera kuri uyu wa Gatandatu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *