Ibikorwa by’abaganga ba gisirikare byahuje abasirikare b’u Rwanda n’aba Amerika mu rwego rw’ubufatanye bw’imyitozo ya Shared Accord 19, byasojwe muri iki cyumweru byafashije kuvura abarwayi 337. Ni igikorwa kimaze ibyumweru 2 kibera mu Bitaro bya Gisirikare by’Ingabo z’u Rwanda i Kanombe.

Ubwo hasozwaga ibi bikorwa by’ubuvuzi i Kanombe, Brig Gen Ephrem Rurangwa wari uhagarariye Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda yavuze ko iyi myitozo yo gufatanya mu by’ubuvuzi yungura ubumenyi abaganga kandi ifasha mu guhanahana ubunararibonye bishimangira imikoranire myiza hagati y’Ingabo z’u Rwanda n’iz’Amerika.
Umuyobozi w’imyitozo ya Shared Accord 19, Brig Gen Lapthe Flora yavuze ko ingabo z’Amerika zikorera ku Mugabane w’Afurika zishimira ubufatanye mu bikorwa byo kwihugura mu buvuzi bafatanyije n’Ingabo z’u Rwanda.

Mu bikorwa by’ubuvuzi abaganga ba RDF hamwe n’ab’Ingabo z’Amerika bavuye indwara zitandukanye harimo iz’amagufwa, iz’umubiri, indwara z’abagore ndetse n’ iz’amenyo.


