Abantu 11 bakomerekeye mu mishyamirano yahuje abaturage bashyigikiye Perezida Felix Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, n’abari inyuma uwo yasimbuye, Joseph Kabila.
Ni ugushyamirana kwabereye mu Mujyi wa Lubumbashi, uherereye mu Majyepfo ya Congo, ubwo bamamazaga abakandida babo ku mwanya wa Guverineri, amatora azaba ku wa Gatatu tariki ya 10 Mata 2019.
Uko gushyamirana kwatangiye igihe abarwanashyaka b’ishyaka UDPS (l’Union pour la Démocratie et le Progrès Social), rya Perezida Tshisekedi bashinjaga aba PPRD (Parti du Peuple pour la Reconstruction et la Démocratie) rya Kabila, gutaburaga idarapo ry’ishyaka ryabo.
Umwe mu rubyiruko rw’ishyaka rya UDPS aganira na AFP, yagize ati “Ntitwashoboye kwihanganira ako gasuzuguro”. Iki kinyamakuru gitangaza ko bakozanyijeho baterana amabuye.
Ku rundi ruhande, umwe mu bayoboke b’ishyaka PPRD rya Kabila yasobanuye ko ahubwo ari abarwanashyaka ba UDPS babagaragarije agasuzuguro ubwo batukaga Perezida wabo ucyuye igihe, Joseph Kabila.
Mu gihe iyi mirwano yaje guhoshwa n’igipolisi cya Congo, amatora ya ba Guverineri ateganijwe kuba ku wa Gatatu tariki ya 10 Mata 2019, mu Ntara 26, nk’uko byatangajwe na Komisiyo Ishinzwe Amatora (CENI).


