Uburusiya bwakuye abasirikare bigenga 100 muri Burkinafaso kugira ngo bafashe bagenzi babo mu ntambara yo muri Ukraine.
Bari mu basirikare bagera kuri 300 bo muri Brigade ya Bear – isosiyete yigenga y’abasirikare y’Uburusiya. Aba basirikare bageze muri Burkinafaso mu kwezi kwa Gicurasi kugira ngo bashyigikire igisirikare cy’igihugu.
Ku muyoboro wacyo wa Telegram, uyu mutwe wavuze ko ingabo zawo zizasubira mu , mu Burusiya kugira ngo zishyigikire bagenzi babo guhashya ibitero bya Ukraine ikomeje kugaba kubera mu karere ka Kursk.
Kugenda kwabo gutunguranye bifitanye isano nigitero cya Ukraine giherutse kubera mu Burusiya mu mujyi wa Kursk.
Umuyobozi wa Brigade ya Bear, Viktor Yermolaev, yatangarije ikinyamakuru Le Monde cyo mu Bufaransa (mu gifaransa) ati: “Iyo umwanzi ageze ku butaka bwacu bw’Uburusiya, abasirikare bose b’Abarusiyabahuriza hamwe mu kumurwanya.”
Hari ubwoba ko izi ngabo z’uburusiya n’iziva muri iki gihugu bishobora gutuma inyeshyamba z’abayisilamu muri Burkinafasozirimo Al-Qaeda, Jamaat Nusrat al-Islam wal-Muslimin (JNIM, zikomeza guteza umutekano muke. Ni nyuma y’uko ziherutse guhitana abantu bagera kuri 300 muri kimwe mu bitero bikomeye zagabye.
Muri iki gihugu hafi kimwe cya kabiri cy’igihugu kigenzurwa n’imitwe ya jihadiste aho ikomeje kwibasira yibasira abasivili. Brigade ishinzwe kurinda abayobozi bakuru ba Burkinabè, barimo Capt Traoré, ngo yugarijwe n’izi nyeshyamba.
Amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga aherutse kwerekana umuyobozi w’igisirikare cya Burkinabè arinzwe n’abagabo bambaye imyenda irimo amabendera y’Uburusiya.
Burkinafaso, Mali na Niger, biri mu bihugu biherutse gucana umubano n’Ubufaransa bacudika n’Uburusiya.


