HErB_-ZXoAAuQQg

Abasirikare 715 ba FARDC basoje imyitozo yo kurwanira mu ishyamba bahabwaga n’u Bufaransa

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’iminsi 41 y’imyitozo ikarishye, abasirikare 715 ba FARDC basoje imyitozo yo kurwanira mu mashyamba bahabwaga n’Ingabo z’u Bufaransa.

Umuhango wo gusoza imyitozo wabereye mu Kigo cya Gisirikare cya Bahuma kuri uyu wa Mbere ushize. Iyi myitozo yibanze ku kwigisha amayeri yo kurwanira mu ishyamba rwagati, ngo ni intambwe nshya mu bufatanye bwa gisirikare hagati ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’u Bufaransa.

HErB6aAXYAAIsLa

Intego y’iyi myitozo ngo yari ukongerera ingabo za FARDC ubushobozi bwo kurwanira mu mashyamba, ari na yo agize ibice byinshi by’igihugu.

HErB2LHa8AAmh96

Ku Bufaransa, iyi myitozo irerekana ubushake bushya bwo gukorana na RDC, cyane cyane mu bijyanye no kongerera ubushobozi imitwe ya gisirikare idasanzwe nka brigade y’intambara yo mu ishyamba.

HErB96oaYAQmJgh

Iyi myitozo yatanzwe mu gihe mu burasirazuba bw’igihugu leta ihanganye n’imitwe yitwaje intwaro itandukanye mu ntara za Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo na Ituri.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *