Imirwano yahuje ingabo z’u Burundi n’iza Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, FARDC kuwa Gatatu no kuwa Kane ngo yahitanye abantu 10 nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatanu, itariki 23 Ukuboza, mu gihe mbere hari hatangajwe ko hapfuye abantu 5.
Abapfuye bose uko ari 10 ngo ni abasirikare b’Abarundi, aho bivugwa ko imirambo 5 yasanganwe imyambaro y’igisirikare cy’u Burundi ahabereye imirwano, mu gihe indi mirambo 5 ngo yasubijwe mu Burundi kimwe n’inkomere zigera kuri 12 nk’uko amakuru ava mu gisirikare cya Congo avuga ariko atavuga abapfuye ku ruhande rwabo nk’uko Radio Okapi ivuga.
Ingabo za leta ya Congo zikaba kuri ubu zisaba abaturage bahunze iyo mirwano gusubira mu ngo zabo kuko ngo ibintu byasubiye mu buryo muri Kiliba kandi abaturage badakwiye gutinya nk’uko byatangajwe na komanda wa region ya 33 y’ingabo zikorera I Bukavu akanaba umuyobozi w’ibikorwa bya Sokola II muri Kivu y’Amajyepfo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Mu gihe abakongomani batangaza ibi, Major Dieudonne Kajibwami wo mu ngabo z’u Burundi yatangaje ko intambara hagati y’ingabo za Congo n’iz’u Burundi yatangiye ubwo abasirikare b’Abarundi birukankanaga abarwanyi ba FNL bari binjiye ku butaka bwa Congo ahazwi nko mu Kiliba banyuze ku mupaka wa Vugizo.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com


