Abasirikare b’u Burundi batangiye ibikorwa byo kwitegura kuva muri Somalia

Sangiza iyi nkuru

Abasirikare b’u Burundi bari mu butumwa bwo kugarura amahoro muri Somalia( AMISOM ), mu rwego rwo kwitegura gutaha, zashyikirije ingabo za Somalia ibirindiro bya Warshik.

Ibi byakozwe hagamijwe gushira mu bikorwa gahunda yo gushyira mu biganza ingabo za Somalia ibikorwa byose birebana n’umutekano, izi ngabo zikabona gutaha.

Nk’uko BBC ibitangaza, ibi byabaye hari umuyobozi wungirije w’izi ngabo za AMISOM, uyoboye ingabo z’u Burundi muri iki gihugu ndetse n’uwungirije umuyobozi mukuru w’ingabo mu Ntara ya Hirshabelle, Mu Majyepfo ya Somalia.

  U Burundi nicyo gihugu cya Kabiri inyuma ya Uganda cyohereje abasirikare benshi muri AMISOM, zigera kuri 5,432 ariko abagera ku 1000 bakaba baherutse gucyurwa.

Aba basirikare bagiye gufasha Leta ya Somalia isanzwe ihanganye n’umutwe w’abarwanyi ba Al-Shabaab bagendera ku matwara yabo y’idini rya kiyisilamu.

Biteganijwe ko mu mwaka wa 2021 ingabo za AMISOM zizavanwa muri Somalia.

Ku wa 30 Mata 2018, akanama gashinzwe amahoro n’umutekano mu Muryango w’Ubumwe bwa Afurika, AU, nibwo kemeje ko Leta ya Somalia ishyirwa mu biganza ibirebana n’umutekano, aba basirikare bagacyurwa mu bihugu bakomokamo.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *