Abasirikare bane ba Uganda bo muri AMISOM bishwe na Al Shabab

Sangiza iyi nkuru

Byibuze abasirikare bane ba Uganda bari mu bikorwa byo kubungabunga amahoro muri Somalia biravugwa ko bishwe mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, itariki ya 01 Mata, n’abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa Al Shabab.

Iki gitero nk’uko bitangazwa n’itangazamakuru ryo muri Somalia ngo kikaba cyakoreshejwe imodoka nini yari itezwemo igisasu ndetse n’imbunda zo mu ntoki.

Umuvugizi w’ingabo za Uganda, Brig. Richard Karemire, avuga ko uyu mutwe wa Al shabab, ukorana bya hafi na Al Qaida, wagerageje ibirindiro bya AMISOM biri ahitwa Quoroyole, Buolomere na Golwen mu karere ka Lower Shabelle.

Brig. Karemire yemeje ko abasirikare bane ba Uganda bishwe, mu gihe abandi 6 bakomeretse bidakabije, ku ruhande rw’inyeshyamba ngo hakaba hishwe 22. Al Shabab ariko ku ruhande rwayo iravuga ko yishe abasirikare 59 ba Amisom nk’uko tubikesha urubuga nation.co.ke

Yongeyeho ko igisirikare cya Uganda kandi cyabashije gusenya imodoka 8 z’abateye harimo ebyiri zari zuzuyemo ibiturika.

Usibye izi modoka zangijwe, ngo hanafashwe imbunda zo mu bwoko butandukanye zirimo izirasa rocket, machine gun ndetse n’icyombo.

Ibinyamakuru byo muri Somalia bikaba bikomeza byemeza ko al shabab yananiwe kugira ibirindiro yigarurira ndetse abarwanyi bayo bakaba bakwiye imishwaro bafite ibikomere.

 

Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *