fxuxf-fxgaerkis.jpg

Abasirikare ibihumbi ba Somalia bari bamaze imyaka 3 barabuze basanzwe muri Eritrea

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’imyaka itatu yo kubihakana cyangwa kutavugwaho rumwe, ubu hamenyekanye andi makuru ku bijyanye n’ibihumbi by’abasirikare ba Somalia boherejwe kwitoreza muri Eritrea, kandi leta zombi zimaze igihe zihakana. Ku Cyumweru, itariki ya 10 Nyakanga 2022, Perezida mushya wa Somalia, Hassan Cheikh Mohamoud, yahuye nabo mu ruzinduko rwe rwa mbere ku mugaragaro, rwamamajwe cyane mu itangazamakuru ryo muri Eritrea.

Abasirikare ibihumbi hatari hazwi mbere yaho aho bari baherereye, bari batonze umurongo ku kibuga cy’igisirikare cya Eritereya. Imiryango yabo, mu myaka yashize, nayo yari ifite impungenge, kugeza ubwo yotsa igitutu uwahoze ari perezida wa Somalia, Farmajo, isaba amakuru arambuye ku irengeo ryabo.

Byibuze ubu nk’uko tubikesha Radio Mpuzamahanga y’u Bufaransa, RFI, ngo byibuze ubu hazwi aho aba basirikare bari. Iyahoze ari guverinoma ya Somaliya yakomeje guteza urujijo kuri bo, rimwe ihakana ko babayeho ubundi igabanya nkana umubare wabo kugirango yoroshye ikibazo.

fxuxf-fxgaerkis.jpg

Icyakora, ku Cyumweru, Perezida mushya Hassan Cheikh Mohamoud yabasuye ku mugaragaro, imbere ya kamera za Eri-TV, televiziyo yo muri Eritrea, ari kumwe na mugenzi we wa Eritrea, Issayas Afeworki n’abajyanama be ba hafi. Yaganiriye nabo, abashimira ko “barangije imyitozo”, bityo avuga ko bazagaruka vuba, nk’uko imiryango yabo yabisabye.

Ntabwo hazwi neza ariko umubare uhari nicyo wakoreshejwe mu myaka itatu ishize. Umutwe wabo washinzwe mu 2019, hashingiwe ku masezerano y’umutekano y’ibihugu bitatu ahuza Ethiopia, Somalia na Eritrea. Bamwe mu bavandimwe babo bo bavugaga ko bafashwe nabi kandi ko benshi muri bo bapfuye.

Umusesenguzi w’Umunyasomaliya, Rashid Abdi, yagize ati: “Nta myitozo ya gisirikare itwara imyaka itatu. None byagenze bite? “

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *