Mu gihe habura umwaka umwe ngo mu Burundi habe amatora y’umukuru w’igihugu, kuri ubu abatari bake bakomeje gutunga agatoki, Denise Nkurunziza, kuzasimbura umugabo we, Pierre Nkurunziza kuri uyu mwanya.
Mu mpera z’umwaka ushize nibwo Perezida Nkurunziza yatangaje ko ataziyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu ateganijwe mu 2020, ibinyamakuru bitandukanye mu gukora intonde z’abayobozi bashobora kuzavamo umwe usimbura Nkurunziza, n’umugore we yagiye ashyirwamo.
Umunyamakuru Nibizi Serges wahoze akorera Radiyo itavuga rumwe na Leta y’u Burundi, RPA, yatangaje amakuru ayacishije ku rukuta rwe rwa Twitter avuga ko Denise Nkurunziza aziyamamaza, maze ivugisha abatari bake ku mbuga nkoranyambaga, bamwe banamubaza aho yaba yabikuye.
Yagize ati “Harateganywa kandidatire y’umufasha wa Perezida, Denise Nkurunziza kugira ngo asimbure ku mwanya wa Perezida Pierre Nkurunziza, byateje urujijo mu ishyaka riri ku butegetsi. Hagati aho na Agathon Rwasa utavuga rumwe na Leta iriho yatangaje ko aziyamamaza mu 2020 mu matora y’umukuru w’igihugu”.
Ikinyamakuru UBM News gitangaza ko nubwo Nibizi avuga ko ari Denise Nkurunziza uzasimbura umugabo we, ko hari n’andi makuru anungwanugwa ko nyuma ye ubutegetsi bwazafata umuhungu we.
Iki kinyamakuru gikomeza gitangaza ko iyi kandidatire ya Denise yakuruye umwuka mubi mu ishyaka CNDD FDD mu gihe bose batarahuriza ku muntu ushobora gusimbura Nkurunziza nyuma yaho avugiye ko ataziyamamaza.
Uretse Denise, ngo Umunyamabanga Mukuru w’iri shyaka, Evariste Ndayishimiye na we ahabwa amahirwe yo kuba yatangwaho umukandida, ariko ngo na we benshi bakaba batamuhurizaho.
Mu nkuru yasohotse kuri iki kinyamakuru muri Kanama umwaka ushize, cyagaragaje urutonde rw’abakomeye muri CNDD FDD bicyekwa ko hashobora kuzavamo umwe uzasimbura Nkurunziza. Kuri uru rutonde na Denise arimo.
Perezida Nkurunziza yagiye ku butegetsi mu 2005, mu mwaka wa 2015 ubwo yiyamamazaga kuri manda ya Gatatu, nibwo mu gihugu havutse imvururu bamwe bavuga ko ihabanye n’ibiteganywa n’itegeko Nshinga.
Muri uwo mwaka nibwo bamwe bahisemo kwitandukanye n’iri shyaka, batangira kurwanya Leta byeruye. Imyigaragambyo hirya no hino mu gihugu ivuza ubuhuha, bamwe baricwa, ibihumbi by’abaturage birahunga.


