1000_F_565795439_8lEh07OESAq0CvA1Hxv3FtOvBQ7NdxU4

Abatuye Isi bamaze kurenga miliyari umunani

Sangiza iyi nkuru

Icyegeranyo cy’ikigo gishinzwe ibarura ry’abaturage muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, cyasohotse kuwa Mbere, itariki 30 Ukuboza 2024, kigaragaza ko uyu mwaka urangiye abatuye Isi bageze kuri miliyari zirenga gato umunani (8,197,325,300), bivuze ko biyongereyeho miliyoni 71. 

Iki kigo kigaragaza ko ubwiyongere bw’abatuye Isi bwazamutseho 0.9 ku ijana muri uyu mwaka wa 2024. Mu mwaka ubanziriza uwo wa 2023, abatuye Isi bari biyongereyeho miliyoni 75 nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ivuga.

Icyo cyegeranyo kigaragaza ko mu kwezi kwa Mbere umubare w’abana bavuka ku Isi uzaba uhagaze kuri 4.2 ugeraranije na babiri bazaba bapfa buri segonda hirya no hino ku Isi.

Iki kigo gishinzwe ibarura ry’abaturage kigaragaza ko muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, umubare w’abantu wiyongereyeho miliyoni 2.6 mu mwaka ushize. Ibyo byatumye umubare wose w’abatuye iki gihugu ugera kuri miliyoni 341.

Biteganijwe ko mu kwezi kwa mbere muri Amerika hazavuka umwana umwe buri masegonda icyenda hagapfa umuntu buri masegonda icyenda n’ibice bine.

Raporo y’Umuryango w’Abibumbye yo mu 2017 yavugaga ko icyo gihe abatuye Isi banganaga na miliyari 7,6 bazagera kuri miliyari 8,6 mu 2030, miliyari 9.8 muri 2050 na miliyari 11.2 muri 2100.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *