gare-10-2

Abatwara abagenzi bagera ku 100 bamaze guhanwa bazira kubahenda

Sangiza iyi nkuru

Urwego Ngenzuramikorere (RURA), rwatangaje rwagannye abatwara abagenzi babarirwa mu 100 bazira kubahenda.

RURA ibinyujije ku rubuga rwa X, yagize iti: “Nyuma yo gutangaza ibiciro bishya by’ingendo, RURA iri gukurikiranira hafi ishyirwa mu bikorwa ryabyo mu gihugu hose. Abatwara abagenzi bagaragaweho guhenda abagenzi  barahanwa (abagera hafi 100 bamaze guhanwa).”

RURA yaboneyeho gusaba abatwara abagenzi “kubahiriza no kumanika ibiciro aho abagenzi bategera no mu modoka.”

Abagenzi kandi basabwe gukomeza gutanga amakuru kuri 2222, imbuga nkoranyambaga cyangwa no ku rubuga rwayo rwa Internet.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *