Kuri uyu wa Mbere, itariki 3 Werurwe 2025, inyeshyamba za Wazalendo zagerageje gufata agace mu Mujyi wa Bukavu ariko ngo ntibyazihira kuko zasanze AFC/M23 iri maso.
Amakuru atandukanye agaragara ku mbuga nkoranyambaga avuga ko uyu wa Mbere mu Mujyi wa Bukavu haramukiye urusaku rw’amasasu. Bivugwa ko inyeshyamba za Wazalendo zari yageze ahitwa kuri CampTV!.
Aya makuru arakomeza avuga ko basubijwe inyuma bajya ahahoze hakorera Radio OKAPI . Umunyamakuru wa Bwiza wegereye ibi bice, avuga ko Kuva aho baturutse (Wazalendo) Ngweshe ugera mu mujyi byaba ari 45km.”
Umwe mu bakoresha X, yagize ati:”Muri iki gitondo, urubyiruko rwitwaje intwaro rwagerageje kwinjira muri Bukavu. Byihuse cyane, AFC / M23 yahise ibahagarika.”


