Kuri uyu wa Gatandatu, itariki 13 Ugushyingo, imitwe ya politiki ya Lamuka n’ihuriro rya FCC rya Joseph Kabila yateguye urugendo rwo mu mahoro I Kinshasa rugamije kubuza Komisiyo y’igihugu yigenga y’amatora (CENI) kuba igikoresho cya politiki cya Perezida Tshisekedi batangiye kwita umunyagitugu.
Muri uru rugendo, ishyirahamwe ry’urubyiruko rushyigikiye Kabila (Association des Jeunes Nationalistes Kabilistes (AJNK), rurahamagarira abantu kwitabira ku bwinshi uru rugendo bavuga ko rugamije kubuza inzira ubutegetsi buriho bafata nk’”Igitugu cya Tshisekedi”.
Umuhuzabikorwa w’uru rubyiruko, Alain Aleng, wabitangaje mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa Kane, itariki 11 Ugushyingo 2021, yemeje ubwitabire bw’urubyiruko rushyigikiye Kabila muri urwo rugendo nk’uko iyi nkuru dukesha 7sur7.cd ivuga.
Ati “Turemeza ubwitabire bwacu mu rugendo rw’amahoro rw’ihuriro rikunda igihugu, ejo ku wa gatandatu, tariki ya 13 Ugushyingo 2021, kugira ngo dufungire umuhanda ubutegetsi bw’igitugu bwa Tshisekedi bwashyize Denis Kadima muri CENI kugirango ategure uburiganya bw’amatora mu 2023….”
Twababwira ko iyi mitwe ya politiki isa nk’aho irimo guteranira Tshisekedi muri iki gihe itacanaga uwaka mbere y’amatora yashyize Tshisekedi kuko nka Martin Fayulu, wa Lamuka, ari umunyapolitiki wibasiye cyane Joseph Kabila, kuri ubu basa nk’abunze ubumwe, amwita umunyagitugu ndetse akaba nawe yari umukandida mu matora yo mu 2018 ariko akaba yaratsinzwe.


