Abu Dhabi: Igitero cya misile ebyiri cyapfubijwe

Sangiza iyi nkuru

Minisiteri y’Ingabo ya Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) yatangaje ko abasirikare bayo bapfubije igitero cya misile ebyiri zarashwe n’umutwe w’iterabwoba wa Houthi ku murwa mukuru, Abu Dhabi, mu gitondo cy’uyu wa 24 Mutarama 2022.

Itangazo iyi Minisiteri yashyize hanze rigira riti: “Ingabo zishinzwe uburinzi bwo mu kirere zapfubije zinasenya misile ebyiri zarashwe n’umutwe w’iterabwoba wa Houthi. Igitero nta muntu wakiguyemo, ubwo ibisate by’ibi misile byagwaga mu duce dutandukanye twa Abu Dhabi.”

Nk’uko CNN ibivuga, iraswa ry’izi misile ryatumye indege zerekezaga ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Abu Dhabi zisabwa kuba zigumye mu kirere umwanya muto, mbere y’uko zisenywa.

Minisiteri y’Ingabo ivuga ko yiteguye guhangana n’abashobora guhungabanya umutekano kandi ngo izarinda abaturage kugira ngo batagirwaho ingaruka n’ibikorwa by’iterabwoba nk’ibi.

Abu Dhabi haherukaga kugabwa igitero cy’iterabwoba tariki yya 17 Mutarama. Icyo gihe cyahitanye abantu batatu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *