Abunganira impunzi z'Abanyarwanda muri Uganda zafashwe zijya Tanzania bitabaje urukiko

Sangiza iyi nkuru

Abunganizi mu mategeko b’impunzi z’Abanyarwanda 45 ziherutse gutabwa muri yombi bikavugwa ko zari zijyanywe mu myitozo ya gisirikare ya RNC bagejeje ikirego mu rukiko bamagana ko zikomeje gufungwa zitamenyeshwa ibyaha zishinjwa.

Izi mpunzi zo mu nkambi ya Nakivale zafatiwe ku mupaka wa Kikagati uhuza Uganda na Tanzania kuwa 11 Ukuboza ziri kujya muri Tanzania, aho zavugaga ko zigiye mu bikorwa by’ivugabutumwa.
[xyz-ihs snippet=”google”]

Usibye andi makuru yavugaga ko izi mpunzi zari zigiye mu myitozo ya gisirikare ya RNC, Chimpreports dukesha iyi nkuru iravuga ko izi mpunzi zatawe muri yombi zikekwaho kugira aho zihuriye n’inyeshyamba za ADF.

Abavoka b’izi mpunzi baturuka mu ihuriro KOB Advocates, bo bakomeje gushimangira ko izi mpunzi zarengeje amasaha 48 ateganywa n’amategeko zifunze zitarashyikirizwa ubutabera.

Inyandiko aba bageneye urukiko iravuga ko izi mpunzi zimaze igihe zifunze zitaragezwa imbere y’urukiko ngo zimenyeshwe ibyaha zikurikiranweho, ndetse ngo ababishinzwe muri guverinoma bakaba baranze ko aba banyamategeko babageraho aho bafungiye kuri polisi ya Nalufenya.

Aba bakaba basaba urukiko gusaba leta kubageza imbere y’urukiko bakamenyeshwa ibyaha bashinjwa.

Kuwa 18 Ukuboza nibwo aba banyamategeko bari bandikiye umukuru w’igipolisi, Gen. Kale Kayihura bamusaba uruhushya rwo kugera ku bakiriya babo ariko ntihagira icyo bitanga.

Mu yindi baruwa banditse kuwa 21 Ukuboza, aba banyamategeko bandikiye Ubuyobozi bw’Ubushinjacyaha bwa repubulika (DPP) binubira ko abakekwa bamaze igihe bafunze nta dosiye kandi binyuranyije n’uburenganzira bwabo bw’ibanze bwo guhabwa ubutabera butabogamye.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *