Mu iherezo ry’Intambara ya Kabiri y’Isi, tariki ya 30 Mata 1945 ni bwo umunyagitugu n’umwicanyi ruharwa, Adolf Hitler yiyahuye nyuma yo kubona urugamba yatangije rumutsinze, abo yishingikirizaga bamuteye umugongo, abandi bapfuye.
Adolf Hitler yibonaga nk’Umwami w’Isi by’umwihariko umugabane w’i Burayi, yishingikirije igisirikare cye cyari gikomeye cyane ndetse aterwa akanyabugabo na Benito Musollini, undi munyagitugu wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani.
Ubutware bw’igitugu bwe bwagaragariye mu bugome mu gutanga ibihano ku batarubahirizaga amategeko y’igihugu ndetse no muri jenoside yiswe ‘The Holocaust’ cyangwa ‘Shoah’ abayoboke b’ishyaka rye rya Nazi ryakoreye Abayahudi ku mugabane w’u Burayi, abarenga miliyoni 6 baricwa.
Yatangije intambara ya kabiri y’Isi, abanzi bamubana benshi
Ashoza intambara
Hitler yatangije urugamba muri Pologne tariki ya 1 Nzeri 1939, ruba itangiriro ry’Intambara ya Kabiri y’Isi. Ni nyuma y’inama z’ibanga yari amaze igihe ari gukorera mu murwa mukuru w’u Budage, Berlin ari kumwe n’abakomeye nka Konrad Henlein wari uyoboye ishyaka rya Sudeten ryari rigizwe n’abo mu bwoko bwa ‘Sudeten’.
Uyu atera Pologne yari agambiriye gushotora u Bwongereza yafataga nk’Umwanzi w’u Budage ukomeye, yizeye ko butazuyaza gusubiza. Ntibyatinze kuko tariki ya 3 Nzeri, u Bwongereza n’u Bufaransa byatangaje ko bigiye guhangana byeruye n’u Budage, ingabo z’Ubumwe bw’Abasoviyete nazo zinjira mu rugamba, bose umwanzi barwanya ari Hitler.
Aba banzi ntabwo bateye ubwoba Hitler, ahubwo yakomeje kubagabaho ibitero, yinjira muri za Danmark, Norvege, afata ibihugu nka Luxemburg, u Buholandi ndetse n’u Bubiligi. Icyo gihe Benito Musollini yabonye u Budage bugaragaza imbaraga zidasanzwe, ahitamo kwifatanya na Hitler.
Urugamba rwakomeje kwambikana hagati y’abanzi b’impande ebyiri, bigera tariki ya 27 Nzeri 1940, ubwo u Budage bwahuzaga amaboko n’u Buyapani bwari buyobowe na Saburo Kurusu. Nyuma Bulgaria, Hongria na Romania nabyo byihuza n’iki gihugu, biba itsinda rimwe rishyitse.
Ingabo zihuriye muri iri tsinda ry’ibihugu zagiye zigaba ibitero ku banzi barimo u Bufaransa, u Bwongereza ndetse n’Ubumwe bw’Abasoviyete, bigera aho u Buyapani bushotora n’Amerika (inshuti y’u Bwongereza), bugaba igitero ku birindiro by’ingabo zo mu mazi muri Hawaï tariki ya 7 Ukuboza 1941.
Gutsindwa kwa Hitler
Hitler yatangiye kwinjira mu nshingano z’imitegurire y’urugamba zakorwaga n’abayobozi bakuru mu gisirikare gusa ntabwo byamuhiriye na gato. Yanze ko ingabo zari zagiye kugaba igitero muri Stalingrad zavayo kugira ngo zikomeze zirwane, hapfirayo izirenga 200,000, izindi zirenga 235,000 zifatwa mpiri, zifungirwa mu magereza y’ishyanga.
Hakurikiyeho gutsindirwa mu rugamba rwa Kursk, abasirikare bakuru b’u Budage batangira kunenga uyu muyobozi wabo, bamwe batangira kumutera umugongo mu ibanga.
Hitler yaciwe intege no kweguzwa kwa Benito Musollini wasimbuwe na Victor Emmanuel III, Marshal Pietro Badoglio wari uhagarariye igisirikare cy’u Butaliyani mu itsinda ry’u Budage, akuramo ake karenge n’ingabo ze.
Ubumwe bw’Abasoviyete bwakomeje kotsa igitutu ingabo za Hitler, itsinda ryarimo u Bufaransa, u Bwongereza n’Amerika ritegura operasiyo simusiga kuri Hitler yiswe ‘Operation Overlord’, abayobozi bakuru bo mu Budage babonye ko amazi atari ya yandi, batangira kwemera ko batsinzwe, umunyagitugu yaneshejwe.
Urupfu rwa Hitler
Hateguwe operasiyo nyinshi zari zigamije kwica Adolf Hitler ariko ziramuhusha, yewe harimo n’izajyaga kugera ku ntego ariko zigapfa ku munota wa nyuma.
Itsinda ry’ingabo z’ibihugu by’u Bufaransa, u Bwongereza, Amerika ndetse n’uruhande rw’Abasoviyete, ryakomeje kwinjira mu Budage, intego ari ukwica Hitler. Yagerageje gukoresha amayeri menshi nko gushaka gushyira imbere ibiganiro bigamije kugonganisha uruhande rw’itsinda ririmo Amerika n’Abasoviyete ariko ntibyamukundira.
Tariki ya 12 Mata 1945, Franklin Roosevelt wari Perezida w’Amerika yarapfuye, Hitler atekereza ko byamworohera kumvikana n’iri tsinda ryamurwanyaga ariko rimubera ibamba.
Mu gihe ingabo za Hitler zari zicyirwanaho mu bushobozi buke zari zisigaranye, yategetse ko zajya kugaba igitero gisubiza umwanzi inyuma ariko icyo gihe zari zaratangiye kumwubahuka, zibona ko nta mbaraga agisigaranye. Ntabwo zagiye kugaba icyo gitero, abajije bamubwira batyo kandi abanzi be bari bakomeje kwinjira mu Budage.
Hilter yagize uburakari bwinshi amaze kubona ko ingabo ze zitakimwumva ndetse ntacyo zishoboye. Iki gihe yagize ati: “Twatakaje byose” avuga ko azaguma mu mugi wa Berlin kugeza ubwo azapfira.
Ingabo z’Abasoviyete zizwi nka ‘Red Army’ zagose Berlin tariki ya 23 Mata 1945, zishaka Hitler. Icyo gihe Hitler yamenye ko na Himmler wari wavuye muri Berlin tariki ya 20 Mata yari yagiye kuganira n’abanzi be ku buryo ingoma ya Hitler yamanika amaboko, ikemera ko yatsinzwe.
N’ubwo Benito Musolini yari yaregujwe ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe w’u Butaliyani, Hitler yari agifite icyizere ko yamushyigikira ariko tariki ya 29 Mata, yakiriye inkuru mbi y’uko abataravugaga rumwe n’ubutegetsi bwe bamwishe. Ni ko kandi tariki ya 30 Mata 1945, ingabo z’Abasoviyete zari zamaze kugota ingoro ye ya Reich Chancellery. Yafashe umwanzuro wo kwirasa mu mutwe, umurambo we ujyanwa inyuma y’ingoro ye, utwikishwa peteroli.



6 Responses
Adolf Hitler: Mbere y’uko yiyahura yabanje gusuzugurwa, ingabo zamuteye umugongo
HITLER yashakaga gushinga “Ubwami bw’Imyaka igihumbi” ku isi,igategekwa n’Abadage.
Nyamara ntiyategetse nibuze imyaka 5.Byerekana aho imbaraga za Muntu zigarukira.
Nkuko bibliya ivuga,ubwo bwami cyangwa ubutegetsi bw’imyaka 1000,buzahabwa Yezu.Ategeke isi guhera ku Munsi w’Imperuka,ari kumwe n’abantu bazajya mu ijuru.Bisome muli Ibyahishuwe 20:4 na 5:13.Nyuma yaho isi izaba paradizo.Niyo si nshya ivugwa muli 2 Petero 3:13.Gusa ku munsi w’imperuka,Imana izakura mu isi abantu bose bakora ibyo itubuza nkuko Imigani 2:21,22 havuga.Niba ushaka kuzaba mu ijuru cyangwa mu isi izaba paradizo,hinduka ushake Imana,ubifatanye n’akazi gasanzwe.
Adolf Hitler: Mbere y’uko yiyahura yabanje gusuzugurwa, ingabo zamuteye umugongo
Uri kubwiriza wowe kandi amadini arafunze
Adolf Hitler: Mbere y’uko yiyahura yabanje gusuzugurwa, ingabo zamuteye umugongo
Uri kubwiriza wowe kandi amadini arafunze
Adolf Hitler: Mbere y’uko yiyahura yabanje gusuzugurwa, ingabo zamuteye umugongo
HITLER yashakaga gushinga “Ubwami bw’Imyaka igihumbi” ku isi,igategekwa n’Abadage.
Nyamara ntiyategetse nibuze imyaka 5.Byerekana aho imbaraga za Muntu zigarukira.
Nkuko bibliya ivuga,ubwo bwami cyangwa ubutegetsi bw’imyaka 1000,buzahabwa Yezu.Ategeke isi guhera ku Munsi w’Imperuka,ari kumwe n’abantu bazajya mu ijuru.Bisome muli Ibyahishuwe 20:4 na 5:13.Nyuma yaho isi izaba paradizo.Niyo si nshya ivugwa muli 2 Petero 3:13.Gusa ku munsi w’imperuka,Imana izakura mu isi abantu bose bakora ibyo itubuza nkuko Imigani 2:21,22 havuga.Niba ushaka kuzaba mu ijuru cyangwa mu isi izaba paradizo,hinduka ushake Imana,ubifatanye n’akazi gasanzwe.
Adolf Hitler: Mbere y’uko yiyahura yabanje gusuzugurwa, ingabo zamuteye umugongo
hhhhh!ubwo ndumiwe
Adolf Hitler: Mbere y’uko yiyahura yabanje gusuzugurwa, ingabo zamuteye umugongo
hhhhh!ubwo ndumiwe