Imibare ya Covid-19 mu Rwanda: Habonetse abarwayi bashya 18, abakize 6

Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda kuri uyu wa 30 Mata 2020 yatangaje ko hagaragaye abandi barwayi bashya ba Coronavirus 18 mu bipimo 1140 byafashwe. Abamaze gukira ni 104 barimo 6 b’uyu munsi. Muri rusange abamaze kugaragaraho Covid-19 ni 243, mu gihe 139 bakirwaye.
Kenya: Umubyeyi w’umupfakazi wagaragaye atekera abana be amabuye yahawe ubufasha

Abanyakenya bafashije umubyeyi w’umupfakazi wo mu mugi wa Mombasa witwa Peninah Bahati Kitsao, uherutse kugaragara atekera abana be amabuye kugira ngo bagire icyizere ko bararya, muri ibi bihe icyorezo cya Covid-19 cyatumye ibikorwa bitandukanye muri iki gihugu bihagarara. Peninah Bahati ufite abana umunani yari asanzwe akora akazi ko kumesera abantu imyenda ariko ntabwo muri iki […]
Rubavu/Rugerero: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho gufata ku ngufu umukobwa
Umugabo witwa Ndagijimana Innocent w’imyaka 42 yafashwe akekwaho gufata ku ngufu umukobwa w’imyaka 25 utuye mu Mudugudu wa Nkama, Akagari ka Kabirizi, Umurenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu. Umwe mu baturage babonye itabwa muri yombi rya Ndagijimana yatangarije Bwiza.com ko ” Yabonye Ndagijimana n’uwo bikekwa ko yafashe ku ngufu bajyanwe kuri Sitasiyo ya RIB […]
Covid-19: Perezida Trump yavuze ko bapimye abaruta ab’ibindi bihugu byose byihuje
Perezida wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika , Donald Trump kuri uyu wa 30 Mata 2020 yatangaje ko abantu bapimwe icyorezo cya Covid-19 mu gihugu cye baruta abapimwe mu bindi bihugu biri ku Isi byihurije hamwe. Abantu barenga miliyoni 6 ni bo bamaze gupimwa iki cyorezo muri iki gihugu. Uyu mubare uri hejuru cyane y’uw’ibindi bihugu […]
Tanzania: Inteko ishinga amategeko yahagaritse imirimo nyuma y’urupfu rw’abadepite babiri
Perezida w’Inteko ishinga amategeko ya Tanzania, Job Ndugai, yahagaritse imirimo y’inteko nyuma y’urupfu rwa Richard Ndassa wari umudepite wa kiriya gihugu wapfuye urupfu rutunguranye. Ndassa yabaye umudepite wa kabiri muri Tanzania upfuye mu minsi 10 ishize. Perezida w’Inteko ishinga amategeko yavuze ko uyu mudepite w’imyaka 61 y’amavuko yapfuye azize uburwayi yari amaranye igihe gito, gusa […]
Hon. Sebaba asanga mu Rwanda haba harimo ibigarasha; Umwanzi w’igihugu
Ngiye kuvuga ku bintu bikomeye bihangarwa na bake nta buhanga cyangwa ubumenyi buhanitse nshyizemo ariko by’ukuri, ukuri guca mu ziko ntigushye. Kubivuga ntihagire abampimbira, mbese bambeshyera, bantekerereza ko hari icyo mfa n’ibigarasha cyangwa ko nkorana nabyo kandi ndi intumwa ya rubanda izamura ibibazo byabo ahafatirwa ibyemezo. Ni cyo rubanda bantoreye, kubavugira ntajenjetse, ntarya iminwa kuko […]
Adolf Hitler: Mbere y’uko yiyahura yabanje gusuzugurwa, ingabo zamuteye umugongo
Mu iherezo ry’Intambara ya Kabiri y’Isi, tariki ya 30 Mata 1945 ni bwo umunyagitugu n’umwicanyi ruharwa, Adolf Hitler yiyahuye nyuma yo kubona urugamba yatangije rumutsinze, abo yishingikirizaga bamuteye umugongo, abandi bapfuye. Adolf Hitler yibonaga nk’Umwami w’Isi by’umwihariko umugabane w’i Burayi, yishingikirije igisirikare cye cyari gikomeye cyane ndetse aterwa akanyabugabo na Benito Musollini, undi munyagitugu wabaye […]
2020: Urutonde rw’ibihugu bitanu bifite igisirikare gikomeye muri Afurika

Umugabane wa Afurika ugizwe n’ibihugu 54 byemewe n’Umuryango w’Abibumbye. Gusa hari ibindi ‘bihugu’ nka Reunion, Sahara y’Uburengerazuba, Mayotte na Saint Helena bitaremerwa ahubwo bikaba kuba byakwemerwa nk’ibihugu bikaba bigisuzumwa. Mu nzego zitandukanye ziba zigize ibi bihugu harimo igisirikare. Mu Isi ya none, igisirikare kivuze byinshi ku gihugu. Hari aho usanga kiri mu bigenerwa ingengo y’imari […]
Ku wa 30 Mata 1994: Ibihumbi by’Abatutsi biciwe kuri Paruwasi Gatulika ya Mibilizi n’iya Ngoma
Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside CNLG, igaragaza ko ku itariki nk’iyi ya 30 Mata mu 1994, Jenoside yakorewe Abatutsi yari igikomeje mu bice bitandukanye by’igihugu. Ku itariki nk’iyi mu myaka 26 ishize, ni bwo Abicanyi bashyize akadomo ku bwicanyi bwari bumaze igihe bukorerwa Abatutsi bari barahungiye kuri Paruwasi Gatulika ya Mibilizi mu cyahoze Perefegitura ya […]
Nyaruguru: Abantu 11 bagwiriwe n’umusozi
Mu gitondo cyo kuri uyu wa kane abantu 11 bo mu murenge wa Mata mu karere ka Nyaruguru, bagwiriwe n’umusozi ubwo batunganyaga umuhanda waguyemo inkangu. Byabereye mu kagari ka Nyamabuye, mu mudugudu wa Nyacyondo. Umunyabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mata, Byukusenge Assoumpta, yabwiye Bwiza ko bariya bantu baguweho n’umusozi wabarushije imbaraga ubwo batunganyaga umuhanda kugira ngo […]
Inzobere mu biro bya Trump yabonye umuti wihutisha igihe cyo gukira Covid-19
Inzobere mu bumenyi bw’ubwirinzi bw’umubiri (immunology) mu biro by’Umukuru w’Igihugu wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, Dr. Anthony Fauci kuri uyu wa 29 Mata 2020 yatangaje ko habonetse umuti wa Covid-19 ubanza kwemezwa n’inzego zibishinzwe. Dr. Fauci yavuze ko uyu muti ari Remdesivir, wihutisha igihe cyo gukira Covid-19 ku muntu wawunyoye nk’uko igitangazamakuru cy’Abongereza, Metro cyabitangaje. […]
Rubavu: Aho Sebeya yisukira mu Kivu hagaragaye umurambo w’ umuntu utaramenyekana
Umurambo w’umugabo utaramenyekana wabonetse mu Mudugudu wa Nyaburanga, Akagari ka Nengo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu aho Sebeya yisukira mu kiyaga cya Kivu. Umwe mu bahaye amakuru Bwiza.com utashatse kumenyakana avuga ko umurambo w’uyu mugabo wabonetse kuwa Gatatu tariki 29 Mata 2020 ahagana saa saba z’amanywa. Uyu muturage unatuye mu Murenge wa […]
Amerika ivuga ko itazi aho Kim Jong-Un aherereye
Abategetsi ba Leta Zunze Ubumwe za Amerika bavuga ko “badaheruka kubona” Perezida Kim Jong-un wa Koreya ya Ruguru kandi bari gukurikiranira hafi ibivugwa ku buzima bwe, byatangajwe na Mike Pompeo ushinzwe ububanyi n’amahanga muri iki gihugu Pompeo yavuze ko bafite impungenge ko icyo gihugu gishobora kuba kibasiwe na coronavirus cyangwa n’icyorezo cy’inzara nk’uko BBC ibitangaza. […]
Nyamasheke: Abana 2 barimo uruhinja rw’amezi 2 bagwiriwe n’inzu barapfa
Mu Kagari ka Kagarama, Umurenge wa Karambi mu Karere ka Nyamasheke, imvura yamaze amasaha arenga 15 igwa, mu mugoroba wo ku wa 29 Mata 2020, yangije inzu yo mu mudugudu wa Rubona igwirwa n’umukingo igice kimwe cyayo kigwa ku bantu 4 bari bayirimo, umwana w’imyaka 7 n’uruhinja rw’amezi 2 bahita bahasiga ubuzima, undi w’imyaka 16 […]
Perezida Kagame yavuze ko bigoye guteganya igihe Covid-19 izarangirira
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangaje ko bigoye guteganya igihe icyorezo cya Covid-19 kizarangirira, avuga ko hakiri urugendo rurerure rutegereje Abanyafurika n’abatuye isi muri rusange. Umukuru w’igihugu yabitangaje kuri uyu wa gatatu, nyuma y’inama yamuhuje na biro yaguye y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe n’abayobozi b’imiryango y’ubukungu itandukanye igize umugabane wa Afurika. Iyi nama yari iyobowe […]
U Bubiligi: Ubujurire bwa Neretse buzakomeza mu kwezi gutaha
Ubujururire mu rubanza rw’Umunyarwanda, Fabien Neretse ukekwaho uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi rwashyizwe muri Gicurasi muri uyu mwaka. Neretse yari yakatiwe n’urukiko rwo mu Bubiligi rwa Assize mu Kuboza gufungwa imyaka 25 ku bwo guhamwa n’ibyaha bya jenoside. Yajuririye iki gihano, kuwa 29 Mata agaruka mu rukiko gusa umucamanza atangaza ko urubanza rw’uyu mugabo rwazakomeza […]
Museveni, Kagame na Uhuru bumvikanye ku kibazo cy’abashoferi batwara amakamyo
Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Paul Kagame w’u Rwanda na Uhuru Kenyatta wa Kenya, bumvikanye ko bagomba gushakira umuti ikibazo cy’abashoferi batwara amakamyo yo mu karere bakomeje kuba nyirabayazana yo gukwirakwiza icyorezo cya Covid-19. Abashoferi batwara amakamyo biganjemo abo mu gihugu cya Tanzania, bakomeje gutungwa agatoki bashinjwa gukwirakwiza Covid-19 mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, […]
Ibyo wamenya ku mugenzo wo gusiramura abakobwa
Umuryango Mpuzamahanga wita ku buzima, WHO (World Health Organization) usobanura ko gukeba/gusiramura abakobwa bizwi nka FGM (Female Genital Mutilation) ari igikorwa cyo gukata ku rugingo rw’igitsina cy’umukobwa cyangwa se kuruvanaho rwose. Raporo ya WHO yo muri Gashyantare 2020 yagaragaje ko abakobwa n’abagore barenga miliyoni 200 bakomoka mu bihugu birenga 50 byo ku Isi birimo 26 […]