Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yatangaje ko bigoye guteganya igihe icyorezo cya Covid-19 kizarangirira, avuga ko hakiri urugendo rurerure rutegereje Abanyafurika n’abatuye isi muri rusange.
Umukuru w’igihugu yabitangaje kuri uyu wa gatatu, nyuma y’inama yamuhuje na biro yaguye y’Umuryango wa Afurika yunze ubumwe n’abayobozi b’imiryango y’ubukungu itandukanye igize umugabane wa Afurika.
Iyi nama yari iyobowe na Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa kuri ubu uyoboye umuryango wa Afurika yunze ubumwe, Perezida Kagame we akaba yayitabiye nk’umuyobozi w’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, EAC.
Perezida Kagame nk’umuyobozi wa EAC, yamenyesheje biro yaguye ya AU ko Abaminisitiri b’ubuzima n’ab’ubucuruzi bo mu bihugu bigize uyu muryango, bahuye ku wa 25 Werurwe mu nama yari igamije kugabanya ingendo zambukiranya imipaka y’ibihugu bigize EAC, no kureba uko ibicuruzwa urujya n’uruza rw’ibicuruzwa rwakomeza kubaho.
Perezida Kagame yavuze ko buri gihugu kinyamuryango cya EAC cyahawe Laboratwari ngendanwa yo kugifasha gupima Covid-19, mu rwego rwo kurushaho guhangana n’ikumira rya kiriya cyorezo.
Umukuru w’igihugu yavuze ko n’ubwo ari intambwe ikomeye yatewe, hakiri byinshi byo gukora ku bijyanye n’ubufatanye ndetse no gushyira hamwe.
Perezida Kagame yavuze ko bigoye guteganya igihe Covid-19 izarangirira kugira ngo abantu mu buzima busanzwe, ashimangira ko urugendo rukiri rurerure.
Yagize ati”Ntibishoboka guteganya iherezo ry’iki cyorezo, n’isubukurwa ry’ibikorwa bisanzwe byubukungu n’imibereho y’abaturage. Mu by’ukuri, birashoboka ko urugendo rusigaye ari rwo rurerure cyane.”
Ku bwa Perezida Kagame, “ubufatanye hagati y’imiryango Nyafurika y’ubukungu n’umuryango wa Afurika yunze ubumwe” ni bwo bukenewe kugira ngo umugabane wigobotore Covid-19.
Perezida Kagame kandi yashimye akazi gakomeye gakomeje gukorwa na Perezida wa AU cyo kimwe n’umuyobozi wa Komisiyo yayo, gusa abasaba ko ibihugu bishyira hamwe mu kugura ibikoresho byo kwirinda ikwirakwira rya Covid-19 n’ibiyipima, mu rwego kwirinda ko buri gihugu kitajya gutonda umurongo ukwacyo kugira ngo kibone ibyo bikoresho.
Imibare y’Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku buzima OMS, igaragaza ko ku mugabane wa Afurika habarurwa abarenga 34,000 banduye Covid-19, muri bo abarenga 1,500 bakaba baramaze guhitanwa na yo.


