EVOBARVDFNCQPCKETEGSOA7SS4

AFC/M23 yakubitiye Ingabo z’u Burundi muri Kasika

Sangiza iyi nkuru

Inyeshyamba zo mu mutwe wa AFC/M23 kuri uyu wa Gatatu tariki ya 26 Ugushyingo zigaruriye uduce twa Kidasa na Kasika duherereye muri Teritwari ya Mwenga muri Kivu y’Amajyepfo, nyuma yo kutwirukanamo Ingabo z’u Burundi.

Ingabo za FDNB zaramutse zirwana zonyine, nyuma y’uko FARDC na Wazalendo bafatanyije urugamba bafashe icyemezo cyo guhunga Kasika, Kamituga na Mwenga-Centre.

Kuri ubu AFC/M23 iri mu bilometero bibarirwa muri 25 ujya i Mwenga, nk’uko amakuru agera kuri BWIZA abyemeza.

Ibyago bikomeje kuba byinshi kuri Uvira!

Abakurikiranira hafi intambara yo mu burasirazuba bwa RDC bahuriza ku kuba mu gihe Mwenga-Centre yaba imaze gufatwa, byaha na AFC/M23 amahirwe menshi yo kwigarurira umujyi wa Uvira wa kabiri munini muri Kivu y’Amajyepfo.

Kuri ubu byitezwe ko nta gihindutse Mwenga-Centre ishobora gufatwa mu masaha ari imbere, dore ko yo na Kamituga ingabo za Leta na Wazalendo bamaze kuhahunga.

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *