Afghanistan: Abasirikare byibuze 100 ba leta baguye mu gitero cyagabwe ku birindiro byabo

Sangiza iyi nkuru

Igitero ku birindiro by’ingabo za Afghanistan biri hafi y’umujyi wa Mazar-e-Charif kuri uyu wa Gatanu cyaguyemo abasirikare ba leta byibuze 100 nk’uko bitangazwa n’igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Byibuze abasirikare 100 ba Afghanistan biciwe mu gitero cyagabwe ku birindiro byabo n’Abataliban kuwa gatanu hafi y’umujyi wo mu majyaruguru, Mazar-e-Charif ”, ibi ni ibyo umuvugizi w’ingabo za Amerika I kaboul yatangarije AFP. Iki gitero ngo kikaba cyasanze abasirikare bari gusohoka mu musigiti bavuye mu masengesho yo kuwa Gatanu. Ibinyamakuru bimwe byo biravuga ko hishwe abasirikare 140.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara nyuma y’iki gitero, Gen. John Nicholson uyoboye ibikorwa bya OTAN muri Afghanistan, yasobanuye ko igitero cyagabwe cyubikiriye abasirikare bari mu masengesho mu gihe abandi bari barimo kurya.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Naho umuvugizi wa minisiteri y’ingabo muri Afghanistan, Dawlat Waziri ubwo yabazwaga na AFP, yavuze ko iki gitero cyagabwe nyuma gato ya saa sita n’abantu bitwaje ibirwanisho babarirwa mu 10 kandi bari bambaye impuzankano za gisirikare. Iyi minisiteri inavuga ko barindwi mu bagabye igitero nabo bishwe, harimo babiri biturikirijeho ibisasu mu gihe umwe yafashwe.

Iki gitero cyaje kwigambwa n’umutwe w’Abataliban mu itangazo washyize ahagaragara mu masaha ya saa munani, aho wavugaga ko ba Moudjahidines bawo bagabye igitero ku ngabo zifite ibirindiro ahantu twavuze hejuru mu Ntara ya Balkh bakica abasirikare benshi nk’uko iri tangazo rya Zabihullah Mujahib rivuga.

Iki gitero cyaje gikurikira ikindi cyagabwe mu kwezi gushize ku Bitaro bya Gisirikare bya Kaboul kikagwamo abantu bagera kuri 50 biganjemo abarwayoi n’abakozi b’ibitaro. Icyo gihe abagize inteko ishinga amategeko bakaba baranenze abayobozi bavuga ko biteye isoni kuri guverinoma kubona ahantu harinzwe cyane haterwa kariya kageni.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter


Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *