Afghanistan: Umwe mu bagore bake b’abayobozi bagumye mu gihugu wari umudepite yishwe

Sangiza iyi nkuru

Polisi yo muri Afghanistan yatangaje ko uwahoze ari umudepite muri iki gihugu n’umurinzi we barasiwe iwe mu murwa mukuru Kabul .

Mursal Nabizada w’imyaka 32, yari umwe mu badepite bake b’abagore bagumye i Kabul nyuma y’uko abatalibani bafashe ubutegetsi muri Kanama 2021.

Kuri iki Cyumweru, musaza we n’umurinzi we wa kabiri bakomerekeye muri icyo gitero nk’uko iyi nkuru dukesha BBC ivuga.

Abahoze bakorana nawe bashimye Nabizada ko yari umuntu utagira ubwoba wanze amahirwe yo kuva mu gihugu.

Kuva Abatalibani basubira ku butegetsi mu 2021, abagore bakuwe mu bice hafi ya byose by’ubuzima rusange.

Umuvugizi wa polisi ya Kabul, Khalid Zadran, yatangaje ko abashinzwe umutekano batangiye iperereza rikomeye kuri iki kibazo.

Uwahoze ari umudepite, Mariam Solaimankhil, yatangaje ko Madamu Nabizada “yari umugore ukomeye, udatinya kuvugisha ukuri washyigikiraga ibyo yemera, kabone nubwo yaba ari mu kaga”.

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *