Umugabane wa Afrika umaze Kwibikaho imidari 5, Tunisia yaraye yegukanye imidari 2 ya bronze yatwawe n’umunye Tunisia Ines Boubakri n’abanya Misri Sara Ahmed yatsindiwe na Mohamed Ihab, 2 yegukanywe na Kenya wongeyeho umudali wa Bronze watsindiwe na Chad le Clos umunya Afrika y’Epfo mu marushanwa yo koga mu gitondo cyo kuri uyu wa 12 Kanama 2016.
Mu mu mukino wa Rugby ikipe ya Kenya Shujaa ikaba yaraye itsinzwe na Espagne ku bitego 14-12 muri cy’irangiza aho nta cyizere yifitiye cyo gukomza mu cyiciro cya 9.
Shujaa itsinzwe ibitego 31-7. Biyiviramo gutsindwa imikino yose uko ari 8 kuva mu itangizwa ry’iri rushanwa aho n’ubwongereza bwari bwabatsinze ibitego 31-7.
Ubu mu mikino ya rugby ikipe ya Afrika y’epfo yamaze kwihanangiriza Australia ku bitego 22-5 mu gice cya kane gishyira icy’irangiza. Mu mikino ya Volleyball mu bagabo, Cameroun yaraye itsinzwe n’Uburusiya ku maseti 3-0.
Mu mupira w’amaguru Nigeria yaraye itsinzwe na Colombia 2-0 ariko icyo gihugu cyari cyarahawe uburenganzira bwo gukomezanya na Afrika y’Epfo nayo yanganije na Irak 1-1.
Imikino iteganyijwe kuba uyu munsi , muri Basketball ikipe ya Nigeria iraza gucakirana na Espagne. Usibye iyi mikino y’imipira, hari n’andi makipe yaserukiye Afurika akomeje guhatana mu mikino yo Koga,iteramakofi n’umukino wa Judo.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Biteganijwe ko aya marushanwa y’imikono ikomeje kubera mu Brazil kuva tariki ya 8-21 Kanama 2016, hazatangwa ibihembo 2102 birimo imidali ya Zahabu,n’indi midali ya Bronze na Sliver,nk’uko bigaragara ku rubuga rw’iri rushanwa Rio2016,Ku isonga, Amerika ni yo iri imbere mu midari myinshi, aho muri yose hamwe ingana na 32 harimo 11 ya Zahabu, Ubushinwa ni ubwa kabiri n’imidari 23, muri yo 10 ikaba ari zahabu.
Src:BBC
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
MUREGO Anatty@Bwiza.com



