Afurika y’Epfo: Hari kugeragezwa urukingo rushya rwa sida

Sangiza iyi nkuru

Urukingo rw’agakoko ka VIH gatera sida ruri kugeragezwa muri Afurika y’Epfo, aho abahanga bavuga ko ari yo nyigo ya mbere nini ikozwe ku bushobozi bw’uru rukingo rwa VIH kuva mu 2009. Igerageza rikaba rigomba gukorerwa ku bagabo n’abagore 5,400 bakora imibonano mpuzabitsina cyane.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Abantu babarirwa muri miliyoni 7 muri Afurika y’Epfo babana n’ubwandu bw’agakoko gatera sida, ari nayo mpamvu iri gerageza rikorerwa muri iki gihugu. Impuguke zikaba zivuga ko iri gerageza ari ryo ryanyuma.

Iyi nkuru dukesha BBC iravuga ko uru rukingo rugeragezwa rwakozwe hagendewe ku rundi rwageragerejwe muri Thailand mu 2009, bivugwa ko rwari rufite ubushobozi bwo kurinda umuntu kuba yakwandura ku rugero rwa 30% gusa. Ibizava muri iri gerageza ryo muri Afurika y’Epfo byo bikababizashyirwa ahagaragara nyuma y’imyaka 4.

Kuva agakoko gatera sida kavumburwa mu 1983 hageragejwe kenshi gukora urukingo rwako ariko bikaba impfabusa. Abashakashatsi bakaba bizeye ko ibi bizarangirana n’uru rukingo rushya rwahawe izina rya HVTN 702.

Iri gerageza rikuriwe n’Umunyafurika y’Epfo, Glenda Gray, umwarimu wa kaminuza w’umushakashatsi ndetse akaba anakuriye Inama y’igihugu y’ubushakashatsi ku miti.

[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Nk’uko bitangazwa n’Umuryango w’Abibumbye, abantu basaga miliyoni 30 bamaze guhitanwa na sida kuva mu 1980. Ivumburwa riheruka ry’imiti igabanya ubukana rikaba ryarafashije abanduye.

vaccine_vial_600px

Nubwo bimeze gutyo, kugeza ubu umuti rukumbi uhari wo kwirinda kwandura aka gakoko ni ukwifata cyangwa gukoresha ubundi buryo nk’agakingirizo mu gihe cy’imibonano mpuzabitsina.

Nk’uko iri gerageza ribiteganya, ngo uzemera gukorerwaho igerageza azajya aterwa inshinge 5 mu gihe cy’umwaka nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’igihugu cyita ku buzima muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (NIH) kiri gutera inkunga ubu bushakashatsi.

K anda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *