Afurika y’Epfo: Perezida Jacob Zuma yasabwe kuva ku buyobozi bitarenze saa sita z’ijoro

Sangiza iyi nkuru

Ishyaka ANC riri ku buyobozi muri Afurika y’Epfo ryasabye Perezida Jacob Zuma kubuvaho obozi bitarenze saa sita z’ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Gashyantare 2018.
ANC (The African National Congres), ishyaka na Perezida Zuma abarizwamo, rimusaba kuva ku buyobozi mu gihe ashinjwa ruswa iri ku rwego rwo hejuru.
BBC itangaza ko Jacob Zuma, yahawe amasaha make ngo abe yavuyeho, ko uyu munsi (14/02/2018) atagomba kuwurenza.
Zuma yemera kuva ku buyobozi ariko agasaba ko yazavaho mu mezi atatu, ibyo abayoboye b’ishyaka ANC ryamushyizeho ntibabikozwa.
Umunyamabanga mukuru wa ANC, Ace Magashule, avuga ko bifuza ko Zuma ava ku buyobozi ku ineza ya Afurika y’Epfo. Nyuma yo kuva mu biro, biteganyijwe ko umuyobozi mukuru wa ANC, Cyril Ramaphosa, ahita amusimbura.
Jacob Zuma w’imyaka 75 y’amavuko, yatorewe n’abaturage kuyobora Afurika y’Epfo mu 2009, manda ya kabiri yari ayoboye yagombaga kuyirangiza mu 2019.
Kanda Subscribe ujye ubona Video zigezweho 

YouTube player

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *