Afurika y’iburasirazuba igiye kohereza ingabo kabuhariwe muri Sudani

Sangiza iyi nkuru

Abakuru bo mu bihugu bigize akarere ka Afurika y’iburasirazuba no mu ihembe ry’uyu mugabane, bigahurira mu muryango w’iterambere wa IGAD banzuye ko bigomba kohereza abasirikare kabuhariwe muri Sudani kugira ngo barinde abasivili mu gihe intambara ikomeje.

Ni icyemezo cyafashwe n’abakuru b’ibi bihugu bahuriye mu nama yabereye i Addis Ababa muri Ethiopia kuri uyu wa 10 Nyakanga 2023, yari iyobowe na William Ruto wa Kenya.

Ruto na bagenzi be banzuye ko abayobozi b’umutwe kabuhariwe w’ingabo z’akarere zishinzwe gutabara aho rukomeye (EASF) ko bakora inama vuba, hagamijwe kohereza muri Sudani abasirikare bawugize kugira ngo batangire ubu butumwa bw’amahoro.

Muri Sudani hari kuba intambara kuva muri Mata 2023, ihanganishije ingabo zishyigikiye General Abdel Fattah al-Burhan uyoboye igihugu by’agateganyo na RSF ishyigikiye Gen. Mohammed Hamdan Dagalo wigumuye ku butegetsi.

Aba bakuru b’ibihugu bafashe iki cyemezo nyuma y’aho tariki ya 8 Nyakanga, ingabo zishyigikiye ubutegetsi zagabye igitero cy’indege n’imbunda ziremereye mu mujyi wa Omdurman, kigahitana abasivili 22.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *