0f015fd0-1a8b-11f0-b1b3-7358f8d35a35.jpg

Afurika y’Epfo: Umupasiteri w’Umunyamerika washimutiwe mu rusengero yabohojwe mu gikorwa cyiciwemo batatu

Sangiza iyi nkuru

Igipolisi cyatangaje ko umupasiteri w’Umunyamerika washimuswe n’abantu bitwaje imbunda bamusanze mu rusengero muri Afurika y’Epfo mu cyumweru gishize yarokowe nyuma yo kurasana guhambaye kwaguyemo abantu batatu.

Ku mugoroba wo ku wa Kabiri, Josh Sullivan bamusanze nta nkomyi mu mujyi wa Gqeberha muri Cape y’Iburasirazuba, agace uyu mugabo w’imyaka 45 yashimutiwemo kuva ku wa Kane w’icyumweru gishize.

Nta bisobanuro birambuye ku bamushimuse bakekwaho kuba bari bazi neza ibijyanye n’urujya n’uruza rw’umuryango we.

Nk’uko imibare ya polisi ibigaragaza, mu myaka icumi ishize, muri Afurika y’Epfo ibikorwa byo gushimuta abantu byiyongereye ku rugero rwa 264%.

Abashimuse Sullivan bari basabye ingurane, bituma abapolisi b’indashyikirwa ba Afurika y’Epfo bo mu mutwe uzwi nka Hawks binjira mu gikorwa cyo kumubohoza.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, Hawks yavuze ko “Sullivan yarokowe nyuma y’amakuru y’iperereza yagenzuwe” yatumye hategurwa itsinda ryahise rijya ahantu hari havumbuwe ko ba rushimusi bihishe.

Umuvugizi w’uyu mutwe wa Hawks, Avele Fumba, yavuze ko ubwo abapolisi begeraga inzu bari bihishemo, abakekwa bagerageje guhungira mu modoka, bagenda barasa.

Fumba yagize ati: “Aba bapolisi basubije mu buryo batojwe, bituma haba kurasana kwimbitse aho abantu batatu bamenyekanye nk’abakekwa bakomeretse bikabije.” Aba ibikomere byabaviriyemo urupfu.

Umuryango wa Pasiteri Sullivan n’inshuti bari bamaze iminsi basaba ko yagaruka amahoro kuva yashimutwa.

Jeremy Hall, umuvugizi w’umuryango wa Sullivan, yatangarije ikinyamakuru cyaho TimesLIVE ko yari mu rusengero ari kumwe n’umugore we n’abana babo igihe yashimutwaga.

Icyo gihe yagize ati: “Bari bazi izina rye.”

Sullivan kuri website ye bwite avuga ko ari “umumisiyonari waje gushinga itorero”.

Avuga ko yimukiye muri Afurika y’Epfo ari kumwe n’umugore we n’abana be mu 2018 azanywe no gushinga itorero ry’abantu bavuga ururimi rw’Iki-Xhosa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *