Umugabane wa Afurika wungutse undi musirikare w’ipeti riri mu cyiciro cya General ukiri muto, ushobora kuba ari umugore wa mbere urihawe ari muri iki kigero.
Uyu ni umunya-Namibia, Helena Amutenya wazamuwe mu ntera, akurwa ku ipeti rya Colonel, agirwa Brigadier General afite imyaka 37 y’amavuko, mu muhango wabereye ku birindiro by’igisirikare bya Oluno.
Iri peti Brig. Gen. Amutenya yahawe ni irya gatatu rikomeye muri iki gihugu, inyuma y’irya General Major na Lieutenant General. Namibia nta musirikare w’ipeti rya General wuzuye (full) ifite.
Uyu musirikare usanzwe ari inzobere mu by’amategeko, abaye umugore umwe muri bake bahawe iri peti muri Namibia. Abandi ni Brig. Gen. (Rtd) Fiina Amupolo, Brig. Gen. Dr Sophia Ndeitunga na Brig. Gen. (Rtd) Rauna Hamata.
Biba gake mu gisirikare kubona uhabwa ipeti nk’iri afite imyaka 37 y’amavuko. Abazwi barihawe cyangwa abahawe iryisumbuyeho kuri uyu mugabane bazwi ni nka General Major Mahamat Déby, umuhungu wa Maréchal Idris Déby Itno ufite imyaka 37.
Hari n’abahawe iri peti bari mu kigero kiri hafi aha nka Lieutenant General Muhoozi Kainerugaba, umugaba w’ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, warihawe mu 2012 ubwo yari afite imyaka 38 y’amavuko.


