Agathon Rwasa agiye kwitabaza EAC yitwaje ibimenyetso by’uko yibwe mu matora

Sangiza iyi nkuru

Umukuru w’ishyaka CNL ritavuga rumwe na Leta y’u Burundi, Agathon Rwasa yavuze ko azitabaza inkiko z’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba(EAC) ku karengane yemeza ko yagiriwe mu matora kandi abifitiye ibimenyetso bihagije.

Ibi Rwasa yabivugiye mu kiganiro yagiranye na Radio Ijwi ry’Amerika,agaruka ku mwanzuro yita ko ubogamye urukiko rwubahiriza itegeko nshinga mu Burundi rwafashe rugatangaza ko Maj Gen Evaliste Ndayishimiye ari we watsinze amatora.Aha avuga ko urukiko rwirengagije ibimenyetso bigaragara yatanze asaba kurenganurwa ubwo hatangazwaga uwatsinze amatora mu majwi y’agateganyo.

Urukiko rwubahiriza itegeko nshinga mu Burundi rwemeje ko Maj. Gen Ndayishimiye, umukandida w’ishyaka CNDD-FDD ari we watsinze amatora y’umukuru w’igihugu gusa ntibyashimishije uwari mukeba we Agathon Rwasa wari wanamaze kujuririra umwanzuro wo mu majwi y’agateganyo.

Rwasa avuga ko mu amatora yabayemo uburiganya bugaragara ndetse na ba nyiri kubukora badahakana mu mvugo zabo.Yagize ati”Amatora yabayemo uburiganya bugaragara rwose.Imibare y’abatoye umukuru w’igihugu usanga idahura n’iy’abatoye abashingamateka n’abajyanama ba Komini kandi abatoye bose ari bamwe.”

Akomeza avuga ko mu batoye hari imyirondoro yakoreshejwe y’abantu bari mu buhungiro,abapfuye,abafunze,abatabaho ndetse n’abagiye batora inshuro nyinshi ku mabwiriza bari bahawe na CNDD-FDD.Rwasa anagaruka ku kuba CENI yarananiwe gushyira ahagaragara umubare wa nyawo w’abitabiriye amatora nk’impamvu igaragaza ko CENI ikorera mu kwaha kwa CNDD-FDD.

Rwasa avuga kandi ko urukiko rwubahiriza itegeko nshinga rukorera mu bwoba kuko ngo rushyira mu bikorwa amabwiriza y’abaruhaye akazi.Yavuze kandi ko abarundi batoye neza uko bikwiye,batoye impinduka bari bakeneye nyuma y’imyaka 15 ishize batotezwa ariko bikaba imfabusa kubera ubwiiganze bw’abafite ubutegetsi.

Kuri ubu Perezida uramutswa u Burundi ni Maj Gen Evaliste Ndayishimiye nk’uko byemejwe n’urukiko rwubahiriza itegeko nshinga,ndetse abayobozi b’ibindi bihugu na EAC bakaba baramushimiye banamwifuriza imirimo myiza ku mwanya agiyeho wo kuyobora igihugu.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *