Mu gihe hibukwa ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu mwaka w’1994, Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG), iragaragaza urutonde rw’ahantu hatandukanye Abatutsi biciwe kuri iyi tariki ya 27 Mata 1994.
Kuva ku itariki ya 27-29/04/1994 abatutsi bari barahungiye kuri Perefegitura ya Butare (ubu ni mu murenge wa Ngoma mu Karere ka Huye), bizeye amakiriro, bagabweho ibitero n’Interahamwe zirabica zirabarangiza.
Abatutsi bagera ku 4000, bishwe batwitswe n’Interahamwe n’abasirikare muri komini Muyaga muri Perefegitura ya Butare, ubu ni mu Murenge wa Mamba mu karere ka Gisagara, mu gihe amakuru yavugwaga ku isi yari yiganjemo amatora ya Perezida Nelson Mandela muri Africa y’Epfo.
Abatutsi bari bahungiye ku Bitaro bya Gakoma(bitaga mu Kidage), na Rusave/ Ramba, barishwe bose. Ubu habarizwa mu murenge wa Mamba mu Karere ka Gisagara.
Muri Amerika, urwego rwa Leta rushinzwe ububanyi n’amahanga, rwahakanye gukoresha ijambo Jenoside ku bwicanyi bwaberaga mu Rwanda, bavugako baramutse barikoresheje byateza ingaruka nyinshi.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Umuryango Oxfam, watanze itangazo rigenewe abanyamakuru ryemeza ko ubwicanyi bwari buri kubera mu Rwanda ari Jenoside.
Umuryango mpuzamahanga uharanira uburenganzira bwa muntu, wagaye Leta y’Ubufaransa ko yakiriye abategetsi bo muri Leta y’u Rwanda yakoraga Jenoside aribo Jean-Bosco Barayagwiza na Jerome Bicamumpaka wari Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga.
Impunzi zari zahungiye muri Hotel des Milles Collines zandikiye ibaruwa itabaza Umuryango urengera uburenganzira bwa muntu.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
@Bwiza.com


