Aho gutaha, impunzi z’Abarundi zirushaho kwiyongera

Sangiza iyi nkuru

Ibi ni ibyatangajwe n’Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (HCR), aho ritangaza ko impunzi z’Abarundi zirenga ibihumbi 400 zibarirwa mu bihugu by’ibituranyi (Rwanda, Tanzania na Congo) ndetse ko uyu mwaka wa 2017 ushobora kurangira zarageze ku bihumbi 500.
Uyu muryango utangaza kandi ko aho kugirango impunzi z’u Burundi zitahe ziva mu bihugu zahungiyemo ko zirushaho kwiyongera bitewe n’ibibazo igihugu kirimo, ikibazo kikaba kiri ku bihugu byakira izi mpunzi ko aho zishyirwa hagenda haba hato n’uburyo bwo kuzibeshaho.
Andreas Kirchhof, umuvugizi wa HCR muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko aho impunzi z’abarundi zakirirwaga mu nkambi ya Lusenda huzuye, ati: “Impunzi ziva mu Burundi zikomeje kwiyongera ku buryo twakira ababarirwa muri 60 buri munsi”.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Akomeza avuga ko bafatanyije n’akanama k’igihugu gashinze impunzi muri Congo (CNR), barimo gushaka uburyo inkambi yakwagurwa izi mpunzi zose zikakirwa.
RFI dukesha iyi nkuru, itangaza ko ukwezi kwa kabiri kwashize impunzi nshya ibihumbi 36 z’Abarundi zabaruwe mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ziyongera ku zindi ibihumbi zari zihasanzwe.
Kuba izi mpunzi zikomeje kuva mu Burundi zihunga, ngo nta kindi ni ibibazo by’umutekano n’ihohoterwa rikigaragara rikorerwa abaturage.
Mu gihe Abarundi bakomeje kugenda bava mu gihugu bahunga, ibi Leta irabihakana igatangaza ko ikibazo cy’umutekano cyakemutse, ko Abaturage batengamaye. Umutekano uri hejuru ya 90%.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Itangishatse Theoneste/Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *