Ikipe ya Al Ahly yo mu gihugu cya Misiri, yegukanye igikombe cya 10 cy’irushanwa rya CAF Champions league mu mateka yayo itsinze ku mukino wa nyuma Kaizer Chiefs yo muri Afurika y’Epfo ibitego 3-0.
Ni nyuma y’umukino wa nyuma wa ririya rushanwa wabereye mu gihugu cya Maroc.
Mohamed Sherif ni we wafunguriye Al Ahly amazamu ku gitego cyo ku munota wa 53 cyaje gikurikira ikarita itukura myugariro w’iburyo wa Kaizer Chiefs, Happy Mashiane yari yeretswe mu mpera z’igice cya mbere cy’umukino.
Al Ahly y’umutoza Pitso Mosimane yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 64 ibifashijwemo na Mohamed ‘Afsha’ Magdy mbere y’uko Amr El Sulaya atsinda agashinguracumu ku munota wa 74 w’umukino.
Al Ahly yisubizaga iki gikombe ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, nyuma y’uko no mu mwaka ushize yari yacyegukanye nyuma yo gutsinda ku mukino wa nyuma mukeba wayo Zamalek ibitego 2-1.
Uretse kuba iyi kipe yegukanaga igikombe cyayo cya 10 mu mateka, umunyafurika y’Epfo Pitso Mosimane uyitoza yaciye agahigo ko kuba umutoza wa mbere wegukanye CAF Champions league inshuro eshatu.
Ni nyuma y’uko mu mwaka ushize yari yatwaye iki gikombe ari kumwe na Al Ahly, mu gihe muri 2016 bwo yari yagitwaye ari kumwe na Mamelodi Sundowns.
Mosimane kandi yabaye umutoza wa kabiri ushoboye guhesha Al Ahly CAF Champions league ebyiri zikurikiranya, nyuma y’umunya Portugal Manuel Jose wabikoze muri 2005 no muri 2006.


