Ali Mohamed Shein wo muri CCM niwe watsindiye kuyobora Zanzibar

Sangiza iyi nkuru

Umukandida w’ishyaka riri ku butegetsi muri Leta ya Zanzibar, imwe mu zigize Tanzania, yatangajwe ko ari we watsinze amatora nyuma yo gusubiramo amatora yo muri iyi leta nyuma y’uko aya mbere atavuzweho rumwe ndetse akamaganwa n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi.

Perezida Ali Mohamed Shein wo mu ishyaka Chama Cha Mapinduzi (CCM), akaba yatsinze aya matora ku majwi 91.4% mu matora yabaye ku Cyumweru tariki 20 Werurwe 2016, nyuma y’uko komisiyo y’amatora atesheje agaciro ayari yabanje mu Ukwakira umwaka ushize.

Ali-Mohamed-Shein-Tanzania-Zanbibar-Politics-News-650x433
Ali Mohamed Shein wo muri CCM niwe watsindiye kuyobora Zanzibar

Mu ukwakira komisiyo y’amatora muri Zanzibar (ZEC) yari yatesheje agaciro ibyavuye mu matora nyuma y’uko abatavuga rumwe n’ubutegetsi bari babyanze bavuga ko amatora yabayemo uburiganya.

Ishyaka Civic United Front (CUF) ritavuga rumwe n’ubutegetsi muri Zanziba rikaba ryari ryakangishije ko hashobora kuba imyivumbagatanyo irimo ubugizi bwa nabi amatora nasubirwamo, ariko ngo yabaye mu mutuzo nk’uko Reuters dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga.

03cff6ad19f14b11aa0a218e8f542d17_18
Amatora yabaye mu mutuzo

Umuyobozi wa CUF, Seif Sharif, wahisemo kuguma I Dar es Salaam ubwo amatora yabaga muri Zanzibar, amaze gutsindwa amatora inshuro 4 kuva mu 1995.

Ishyaka CCM riri ku butegetsi ryongeye gutsinda amatora ya perezida n’ay’abagize inteko ishinga amategeko muri Tanzania, Bwana John Pombe Magufuli aba ari we utorerwa kuyobora Tanzania, aho yazanye amatwara akomeye yo kurwanya ruswa.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *