Amakuru aturuka mu gisirikare cy’u Burundi avuga ko Alain Guillaume Bunyoni wari Minisitiri w’Umutekano afungiye iwe mu rugo ku itegeko ryashyizweho na Perezida Nkurunziza Pierre.
Amakuru atangazwa na Iyakure TV avuga ko Bunyoni yafunzwe mu gihe acyekwaho kuba akorana na Gen Niyombare wahoze akuriye urwego rw’ubutasi mu Burundi wari unahagarariye umugambi wo guhirika Nkurunziza ku butegetsi.
Iki gitangazamakuru kivuga ko hari abasirikare 30 batorotse igisirikare bahita bajya kwiyunga ku nyeshyamba za Red-Tabbara, bityo ngo n’abandi bakekwa bakaba bashyiriweho abarinzi kugira ngo badakomeza gucamo kabiri igisirikare.
Aya makimbirane ngo aje mu gihe hategurwa amatora y’umukuru w’igihugu bityo ngo kumvikana k’uzahagararira ishyaka CNDD-FDD bikaba aribyo bikomeje guteza ibibazo no kuryana hagati y’ibi bikomerezwa mu Burundi.
Iki kinyamakuru gitangaza kandi ko hashize icyumweru cyose ngo Gen Bunyoni arindiwe umutekano mu buryo budasanzwe, aho ajya hose ngo abarinzwe kugira ngo atagira ikosa ryo kugumura bagenzi be akora bitewe n’ijambo afite kandi ngo amahirwe yo kuba umukuru w’igihugu akaba atayafite.
Bunyoni ngo ahanganye n’ibikomerezwa birimo na Denise Nkurunziza, ngo ku buryo nta mahirwe afite ko kuba CNDD-FDD yamutangaho umukandida. Kanda hano usome inkuru bifitanye isano
Mu gisirikare cy’u Burundi ubu ngo hakaba hari urwicyekwe, aho ibukuru bakeka ko Gen Bunyoni yagumura abasirikare bityo bakajya kwisungana n’inyeshyamba za Forebu ndetse na Red-Tabbara, hakagabwa ibitero mbere y’uko haba amatora mu 2020.
Â
Â
Â
Â


