Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta yageze muri Ethiopia mu gihe amahanga akomeje gushyira ingufu mu gusaba ko imirwano yahagarara kubera ko intumwa y’umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) Olusegun Obasanjo yagaragaje ko yizeye ko ibiganiro bishobora guhagarika amakimbirane ariko akavuga ko ibiganiro bitaba hatabanje kubaho guhagarika imirwano bidatinze .
Amezi arenga 12 y’imirwano hagati yingabo za leta n’ingabo zo mu Ntara ya Tigray yahitanye abantu ibihumbi n’ibihumbi kandi yimura abantu barenga miliyoni ebyiri, mu gihe ibihumbi amagana byugarijwe n’inzara.

Ku wa kane, Obasanjo yavuye muri Ethiopia nyuma yo guhura na Minisitiri w’intebe Abiy Ahmed n’ubuyobozi bw’umutwe w’inyeshyamba za Tigray People Liberation Front (TPLF), mu gihe intumwa idasanzwe y’Amerika, Jeffrey Feltman na we yasuye iki gihugu mu cyumweru gishize kugira ngo baganire nk’uko iyi nkuru dukesha Al Jazeera ivuga.

Kuri iki Cyumweru, Kenyatta, na we wagize uruhare mu kunga impande zihanganye mu rwego rw’akarere, yageze muri Ethiopia mu ruzinduko rw’umunsi umwe, Abiy ashyira amafoto y’aba bombi kuri Twitter.

Ku ruhande rwayo, Perezidansi ya Kenya yavuze kuri Twitter ko Kenyatta yagiranye ibiganiro byihariye na Abiy na Perezida wa Ethiopia, Sahle-Work Zewde.

Mu ntangiriro z’uku kwezi, Kenyatta yari yahamagariye impande zihanganye gushyira intwaro hasi no gushaka inzira y’amahoro.

“Imirwano igomba guhagarara!” yari yabivuze mu magambo ye, yamagana kuba impande zombi zidashaka kujya mu biganiro.
Kenya yongereye umutekano ku mipaka wayo mu gihe hari ubwoba ko Abanyetiyopiya bashobora guhunga intambara mu kivunge icyarimwe hakavuka ibibazo by’ubutabazi.


