Mu cyumba cy’inama cy’Akarere kuri uyu wa Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 12 Ukuboza, habereye umuhango w’ihererekanyabubasha ku wari Umuyobozi w’Akarere w’Agateganyo AimeNiyonsenga n’Umuyobozi mushya w’aka Karere, Mukandayisenga Vestine.

Uyu muhango witabiriwe n’abantu barimo Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika, Judith Uwizeye, Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Maurice Mugabowagahunde, abagize Inama Njyanama y’Akarere, na Visi Meya ushinzwe imibereho myiza.

Hari kandi Inzego z’Umutekano mu Karere ka Gakenke, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Imirenge n’abakozi bakorera ku Biro by’Akarere.

Madamu Mukandayisenga Vestine yatorewe kuba Umujyanama rusange wuzuza Inama Njyanama y’Akarere ka Gakenke ubusanzwe igizwe n’Abajyanama 17 kuwa Kane ushize, itariki 7 Ukuboza 2023.


