Ingabo za Repubulika ya Centrafrika (CAR) kuri uyu wa 3 Gashyantare 2021 zigaruriye uduce twa Boda, Bangadou n’utudukikije mu Karere ka Bossembélé kari karigaruriwe n’ihuriro ry’imitwe yitwaje intwaro, irwanya ubutegetsi buriho.
Ni amakuru yemejwe na Minisitiri w’Intebe wa Centrafrika, Firmin Ngrébada kuri uyu munsi, yifashishije imbuga nkoranyambaga ze. Aha yagize ati: “Ku butegetsi bwa Perezida wa Repubulika, ndashimira abasirikare n’ababafasha barwanira kugarura umutekano buri hantu. Ubu baragenzura Bossembélé yose n’ahayikikije.”
Amafoto Minisitiri Ngrébada yashyize ahagaragara kuri uyu wa 4 Gashyantare 2021 agaragaza ingabo z’iki gihugu ziri mu byishimo nyuma yo kwigarurira utu duce.
Nk’uko bigaragara, izi ngabo zifotoreje ku byapa bitandukanye muri Bossembélé, zifashe imbunda nk’izitegute kurasa.
Bimwe mu bikoresho ingabo za Centrafrica zafatanye abitwaje intwaro
Ibibazo by’umutekano muke uterwa n’imitwe yitwaje intwaro byongereye umurego mu Kuboza 2020 ubwo muri iki gihugu biteguraga amatora ya Perezida.
Nk’uko Guverinoma ya Centrafrika yakunze kubitangaza, iyi mitwe ishyigikiye François Bozizé washatse kwiyamamariza uyu mwanya, akangirwa hashingiwe ku mpamvu zirimo kuba yarigeze kuyobora iki gihugu imyaka 10.
Amakuru aturuka muri Centrafrika avuga ko iyi mitwe ikomeje kugira imbaraga, ku buryo byageze aho ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zibungabungayo amahoro n’umutekano, zikenera izindi zo kuzifasha kuyirwanga. Iyi mitwe bivugwa ko ifite 1/3 cy’igihugu mu maboko yayo, ndetse ngo igose umurwa mukuru, Bangui.
Ni uku ingabo za Centrafrica zagaragaye nyuma yo kwigarurira utu duce




